Sinigeze nkora ku mbunda – Shimiyimana uri mu bashinjwa kwica Amb. Attanasio

Sangiza iyi nkuru

Uwitwa Shimiyimana Prince Marco, ushinjwa kuba ari we warashe isasu ryahitanye Ambasaderi w’u Butaliyani muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Luca Attanasio, ku ya 22 Gashyantare 2021 hafi ya Goma, yatangaje ko ari umwere nk’abandi baregwa, kuri uyu wa Gatatu ushize imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa / Gombe .

“Sinigeze nkora ku mbunda. Nta nubwo nigeze numva iby’urupfu rwa ambasaderi. Sinigeze nsinya inyadikomvugo usibye nyuma yo gukubitwa bikabije. ”

Uregwa wa kabiri, Amidu Sembinja Babu, na we yahakanye ko ari we watanze Prince Marco. Ati: “Kubera ko ntazi gusoma cyangwa kwandika, banditse ibintu, mbere yo gusinya n’igikumwe cyanjye”.

Mu iburanisha ryabanje, abandi baregwa babajijwe, Issa Seba Nyani na Bahati Antoine Kiboko, na bo bari bahakanye ibyo baregwa byose, bavuga ko ibyo bemeye “babitewe n’iyicwarubozo”.

Abantu batandatu ni bo bari gukurikiranwa

Abantu batandatu bakurikiranweho iyicwa rya Luca Attanasio, umurinzi we w’Umutaliyani, witwa Vittorio Iacovacci, n’umushoferi we w’Umunyekongo w’Ishami rya Loni rishinzwe Ibiribwa (WFP), Mustapha Milambo.

Aba bagabo uko ari batatu barashwe nyuma yo kugwa mu gico cy’abantu bitwaje intwaro hafi ya Parike y’igihugu ya Virunga, muri Kivu y’Amajyaruguru nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ikomeza ivuga.

Hamwe na bagenzi be bane, Prince Marco Shimiyimana yitabye muri uru rubanza kuva ku ya 12 Ukwakira imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa / Gombe rwimukiye muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, aho bafungiye.

Umuntu wa gatandatu, utarafatwa, aburanishwa adahari. Bose baregwa “ubwicanyi, kwifatanya n’abagizi ba nabi, no gutunga intwaro n’amasasu mu buryo butemewe n’amategeko”.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Sinigeze nkora ku mbunda – Shimiyimana uri mu bashinjwa kwica Amb. Attanasio
    Uwo nunu urikuburasha adahari bizagenda gute

  2. Sinigeze nkora ku mbunda – Shimiyimana uri mu bashinjwa kwica Amb. Attanasio
    Uwo nunu urikuburasha adahari bizagenda gute

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *