Slovakia yafashe icyemezo cyo guhagarika inkunga ya gisirikare yateraga Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe mushya wa Slovakia, Robert Fico, yatangaje ko guverinoma ye igiye guhagarika imfashanyo za gisirikare yahaga Ukraine, ikaba ibaye guverinoma ya mbere y’iburengerazuba yisubiyeho.

Fico yabwiye abadepite ko iki gihugu “kitazongera guha intwaro Ukraine”, asubiramo amasezerano yasezeranyije mu gihe cyo kwiyamamaza kwe, ariko yavuze ko azakomeza gutanga inkunga z’ubutabazi ku muturanyi wabo uri mu ntambara.

Yagize ati: “Nzashyigikira inkunga zero kuri Ukraine … Guhagarika ibikorwa bya gisirikare bidatinze niwo muti mwiza dufite kuri Ukraine. Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ugomba guhinduka ukava mu gutanga intwaro ukajya mu guharanira amahoro.”

U Burusiya ariko bwo bwahise bwamagana ingaruka icyemezo cya Slovakia cyo guhagarika imfashanyo za gisirikare kuri Ukraine cyagira ku ntambara imaze amezi 20.

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, ubwo yabazwaga ku cyemezo cya Bratislava, yagize ati: “Slovakia ntiyari ifite uruhare runini mu itangwa ry’intwaro, kubw’ibyo biragoye ko hari icyo byahindura ku nzira yose.”

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ukraine yabajijwe na AFP kugira icyo itangaza kuri iki cyemezo, yanga kugira icyo itangaza.

Guverinoma ya Bratislava yahoze ishyigikiye Uburengerazuba yari yarakunze kwerekana ko ishyigikiye Ukraine.

Iki gihugu cyo mu Burayi bwo hagati gituwe na miliyoni 5.4 ni cyo gihugu cya mbere cya NATO cyahaye indege z’intambara Ukraine.

Nk’uko ikigo cya Kiel gifite icyicaro mu Budage kibitangaza, Slovakia yari yarasezeranyije miliyoni 680 z’amayero yo gutera inkunga leta ya Ukraine kugeza muri Nyakanga 2023.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *