Somalia: Abantu 13 bashinjwa gukorana na Al Shabaab n’abasirikaare 6 barasiwe ku karubanda

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, abantu 13 bo mu mutwe w’iterabwoba al-Shabaab na ISIS / Daesh bishwe barasiwe ku karubanda muri leta yigenga bicagase ya Puntland yo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Somalia .

Iyicwa ryategetswe n’urukiko rwa gisirikare ryabaye ahagana mu ma saa mbiri z’igitondo mu mijyi ya Galkayo, Garowe n’umurwa mukuru w’ubucuruzi wa Leta ya Puntland witwa Bosaso, bibera icyarimwe.

Urukiko kandi rwategetse iyicwa ry’abasirikare batandatu barashwe n’itsinda ryabugenewe (Firing Squad) nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abantu benshi muri leta, bituma umubare w’abantu bishwe kuri uyu wa Gatatu ugeza kuri 19.

Ishami ry’ubutabera rya Puntland rivuga ko mu 2021, urukiko rwa gisirikare rwa Puntland mu mujyi wa Galkayo uherereye mu majyaruguru rwishe abantu 18 bakatiwe urwo gupfa, nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’iterabwoba nk’uko tubikesha Anadolu Agency.

Abayobozi bane bo muri Somaliya, barimo abo mu gisirikare, abapolisi ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umutekano (NISA), bishwe mu ntangiriro z’ukwezi gushize barashwe mu murwa mukuru w’igihugu cya Mogadishu nyuma y’uko urukiko rusanze bahamwa n’icyaha cyo kwica abasirikare bagenzi babo.

Urukiko rwa gisirikare muri Somaliya rumaze imyaka rutanga ibihano by’urupfu nubwo igitutu cy’abafatanyabikorwa mpuzamahangacyo guhagarika iki gihano gikomeje.

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu kavuga ko nubwo Somaliya yahuye n’intambara n’imvururu za politiki, mu myaka yashize, imaze gutera intambwe igaragara mu kubaka Leta n’inzego za guverinoma.

Ariko yavuze ko Somaliya itaravugurura amategeko ahana yo mu 1964, ubu atarimo ibisobanuro by’iyicarubozo.

Biteganijwe ko isuzuma ryuzuye ry’amategeko ahana rizarangira mu mpera z’uyu mwaka kandi rikaba ririmo ubugororangingo bwinshi, harimo n’igisobanuro cy’iyicarubozo bijyanye n’itangazo mpuzamahanga ry’uburenganzira bwa muntu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *