Abantu barenga 14 bapfuye abandi barakomereka bikomeye bazize igisasu cyaturikiye mu modoka iruhande rwa hoteli ya Woheyi mu mujyi wa Mogadishu .
Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano mu gihugu, Abdiazis Ali Ibrahim yagize ati’’ Habayeho guturika kw’igisasu , kugeza ubu abapfuye ni 14 abandi bakomeretse’’. Yongeyeho ko abaguyemo bashobora kwiyongera.
Ababibonye biba batangaje ko babonye imodoka irimo ibiturika iparitse imbere ya hoteli ya Woheliye . Mu kanya gato iba iraturitse. Abaguyemo benshi bari abantu bari bahasohokeye bari kunywa icyayi, hari akavuyo kenshi ndetse n’iyonyubako yangiritse bikomeye.
Nkuko tubikesha ikinyamakuru The East African, umujyi wa Mogadishu ukunze kwibasirwa n’ibitero bya Al-Qaed ufatanije na Al-Shabaab ushaka gufata ubutegetsi bwa Somalia.Mu kwezi kwa 10 umwaka ushize Al-Shabaab yaturikije igisasu gihitana abarenga 50.
Muri 2011 ingabo za African Union zirukanye umutwe wa Al- Shabaab mu mujyi wa Mogadishu gusa Al-Shabaab yakomeje kugenzura ibice binini by’icyaro ikomeza no kugaba ibitero ahantu hatandukanye.Muri Gashyantare uyu mwaka imodoka ebyiri zari zihetse ibisasu zaraturitse abagera kuri 38 bahasiga ubuzima.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Nkurunziza Viateur/ Bwiza.Com


