Somalia: Abarwanyi ba Al Shabaab basaga 60 biciwe mu gikorwa cya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’itangazamakuru yatangaje ko byibuze abaterabwoba 61 ba Al-Shabaab bishwe abandi benshi barakomereka muri Somaliya nyuma y’igikorwa cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umutekano (NISA) .

Iki gikorwa cyo kurwanya umutwe w’iterabwoba ufatanya na al-Qaeda cyashyigikiwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga ba Somaliya mu ntara ya Shabelle yo Hagati.

Minisiteri mu itangazo ryayo yavuze ko iki gikorwa cyibasiye imitwe yitwara gisirikare ya Khawarij, byibuze abagera ku 150 bateganya gutera ingabo z’igihugu muri Hawadlay.

Guverinoma yavuze ko abaterabwoba ba Al Shabaab na bo bakubiswe mu gihe barimo kwitegura gutega ibisasu muri ako gace nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Minisitiri wungirije ushinzwe amakuru muri Somaliya, Abdirahman Yusuf al-Adalla, waganiriye n’abanyamakuru mu murwa mukuru Mogadishu, yavuze ko uyu mutwe watsinzwe bikomeye kandi ko “umugambi mubisha barimo gutegura wo gusenya inkambi y’ingabo z’igihugu mu nkengero za Hawadley” waburijwemo.

Ni igikorwa cya mbere cya gisirikare nk’iki cyakozwe n’ingabo zishyigikiwe nabafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kurwanya abaterabwoba muri Somalia kuva umwaka watangira.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Somalia: Abarwanyi ba Al Shabaab basaga 60 biciwe mu gikorwa cya gisirikare
    Nibatsindwe abo bantu batifuza ibyiza

  2. Somalia: Abarwanyi ba Al Shabaab basaga 60 biciwe mu gikorwa cya gisirikare
    Nibatsindwe abo bantu batifuza ibyiza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *