Somalia ntiragira icyo ivuga ku muhungu wa Perezida wagongeye umuntu muri Turukiya

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’amakuru yasakaye mu cyumweru gishize ko , umuhungu wa perezida wa Somaliya yagonze umuntu agapfa , iki gihugu ntacyo kiravuga haba mu buryo bwa dipulomasi cyangwa n’ubwa gishuti kuri iki kibazo ahubwo ngo ikomeje kwicecekera mu gihe Turukiya yo ikomeje gushakisha uyu mugabo waburiwe irengero.

Uyu mugabo ngo yavuye muri Turukiya, akimara kuva mu ibazwa rya polisi ubwo yagongaga umumotari w’imyaka 38, Yunus Emre waje kwitaba Imana.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ariko nyuma y’urupfu rwe mu bitaro ku ya 6 Ukuboza, hasohotse icyemezo mpuzamahanga cyo guta muri yombi umuhungu wa perezida wa Somaliya ariko aza kuburirwa irengero.

Ku cyumweru, Minisitiri w’ubutabera wa Turkiya, Yilmaz Tunc, yatangaje ko iperereza ryatangijwe ku bapolisi bakoze isuzuma ryambere ry’impanuka kuko ngo bamurekuye bidakurikije amategeko.

Ibitangazamakuru byatangaje ibyabaye byateje impagarara muri Turukiya, ifitanye kandi yari isanzwe ifitanye umubano mwiza na Somaliya.

Umuyobozi wa Istanbul, Ekrem İmamoÄŸlu, yasangije amashusho ya CCTV y’impanuka kuri X (mbere yitwaga Twitter). Muri iyo videwo, imodoka igaragara ikubita moto inyuma ku nzira nyabagendwa bigaragara ko umumotari wari uyitwaye yahohotewe.

Kugeza ubu uyu muhungu wa Perezida yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zimuta muri yombi kuko ngo nyuma yo kurekurwa inzego za polisi zasubiye kumushaka iwe ariko ziramubura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *