Somalia: Umunyamakuru yakatiwe icy'urupfu azira kwicisha bagenzi be

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa gisilikali muri Somalia rwakatiye igihano cy’urupfu umunyamakuru Hassan Hanafi, rumaze kumuhamya ibyaha byo gufasha umutwe wa al-Sbabab kwica abandi banyamakuru batanu hagati y’umwaka w’2007 n’uw’2011.

Umucamanza mukuru yavuze kandi ko bafite ibimenyetso simusiga byerekana ko Hassan Hanafi nawe ubwe yari umuyoboke wa al-Shabab.

51323A07-C98B-4FB2-B6AB-9BE0C92E1D04_w640_r1_s
Hassan Hanafi wakatiwe Igihano Cy’ Urupfu

Mu kiganiro yagiranye na radiyo ya leta ya Somaliya mu kwezi gushize, Hassan Hanafi yemeye ko koko yagize uruhare mu kwicisha abo banyamakuru. Yavuze ko ari we watanze amazina yabo muri al-Shabab kandi ayereka n’aho bari batuye nk’uko VOA dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Hassan Hanafi yakoreye radiyo yitwa IQK yaje gufatwa na al-Shabab dore hashize imyaka umunani. Nyuma yagiye gukorera indi radiyo ya al-Sbabab nyirizina yitwa Andalus. Yatawe muri yombi mu 2014. Ashobora kujurira. Ariko akenshi na kenshi, abantu bakatiwe urwo gupfa muri Somalia birangira koko banyonzwe. Abanyamakuru batagira ingano bari bagiye kumva uko urukiko rusoma urubanza rwe.

 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *