Abantu 290 nibo bamaze kubarurwa bapfuye abandi babarirwa muri 500 bakaba bakomeretse mu gihugu cya Sri Lanka nyuma y’ibisasu byaturikiye mu nsengero no mu mahoteli anyuranye kuri Pasika nk’uko byatangajwe n’abayobozi.
Abantu 24 bakekwaho gutega ibyo bisasu batawe muri yombi, minisitiri w’umutekano, Ruwan Wijewardene akaba avuga ko abakoze aya mahano ari abahezanguni bashingiye ku myemerere ariko nta tsinda ryari ryigamba ibi bikorwa.
Sri Lanka yahise ishyiraho umukwabu inafunga imiyoboro iganisha ku mbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kurinda ko abantu bakwirakwiza ibihuha.

Ikinyamakuru The Guardian kiravuga ko benshi mu bapfuye bikekwa ko ari Abanya-Sri Lanka, gusa byemejwe ko abanyamahanga 30 nabo bahasize ubuzima, barimo Abongereza batanu, Abahinde batatu, Umuyapani umwe n’abandi.
Ku rundi ruhande, VOA ivuga ko ibisasu bitandatu byaturikiye mu nsengero eshatu n’amahoteli atatu ku cyumweru. Hashize amasaha make haturitse ibindi bisasu bibiri. Kimwe cyaturikiye ahitwa Dehiwala ikindi giturikira Dematagoda, hafi y’umurwa mukuru wa Sri Lanka.

Minisitiri w’Intebe wa Sri Lanka Ranil Wicramesighe yihanganishije imiryango y’abapfushije ababo bahitanywe n’ibyo bisasu. Yamaganye igabwa rya biriya bitero anavuga ko bizahungabanya ubukungu bw’igihugu.
Ubutegetsi bwavuze ko rumwe mu nsengero zagabweho ibitero rwitwa Saint Anthony’s hamwe n’amahoteli yose yibasiwe n’icyiciro cya mbere cy’ibisasu byose byari mu mugi wa Colombo. Izindi nsengero zagabweho ibitero zirimo Saint Sebastian’s ruri mu gace ka Negombo, hanze ya Colombo, n’urwa Zion ruri i Batticaloa.

Ubuyobozi bukuru bw’izo nsengero bwasabye leta gushaka, gufata no guhana abagabye abateze biriya bisasu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, abinyujije ku rubuga rwa Twitter, yihanganishije abo muri Sri Lanka avuga ko Amerika yiteguye gufasha.


