Abantu bagera kuri 50 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,baguye mu mpanuka y’ubwato bwari bwikoreye abagera ku ijana bunapakiye imifuka 20 ya Sima.
Amakuru avuga ko iyi mpanuka y’ubu bwato bwarohamye yabaye kuri iki Cyumweru ubwo bwerekezaga muri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo (Uvira) .Bivugwa ko ubutabazi bwabonetse imburagihe kuko bwasanze abagera ku icumi aribo bagihumeka ,naho 50 bapfuye mu gihe abagera kuri 37 baburiwe irengero.
Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Epfo y’Epfo, bwatangaje kuri Televiziyo y’Igihugu ko iyi mpanuka yatewe no kuba ubu bwato bwari bwarengeje ibilo bwagenewe gutwara.
Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe imigezi ya Leta ya Kongo, aho yavuze ko inyinshi mu mpanuka ziterwa no kutubahiriza amabwiriza y’ingendo zo mu mazi.Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Mutarama 2024, nabwo mu Kiyaga cya Maà®-Ndombe, habaye impanuka nk’iyi ihitana abasaga 22.
Source:African news


