Sudani: Abigaragambya kubera umugati bakwiye imishwaro

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cyo muri Sudani  kuri uyu wa Gatanu cyifashishije ibyuka biryana mu maso cyatatanyije abaturage bigabye mu mihanda y’umujyi wa Omdurman basaba ko agaciro k’umugati kagabanuka.

Imyigaragambyo yatangiye kuwa 19 Ukuboza 2018 mu mijyi hafi ya yose yo mu gihugu cya Sudani bitewe n’icyemezo cya Leta cyo kongera agaciro k’umugati.

Umwe mu baturage wari mu Mujyi wa Omdurman, wegereye Khartoum yatangarije AFP ko  abaturage basohotse mu musigiti baririmba indirimbo z’ukwikenga, amahoro n’ubutabera ariko bagakomwa mu nkokora n’igipolisi.

Yagize ati “ Basohotse baririmba mu musigiti uri muri Omdurman ariko polisi yahise ibasukaho ibyuka biryana mu maso kugira ngo ibatatanye.”

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Iyi nkuru ivuga ko inzego z’umutekano zigabye kare mu mijyi ya Khartoum na Omdurman kugira ngo zihangane n’abigaragambya.

Perezida wa Sudani, Omar Al- Bashir yasabye abashinzwe umutekano kudakoresha ingufu z’umurengera mu guhangana n’abigaragambya nyuma y’aho abagera kuri 19 barimo abahinzwe umutekano babiri basize ubuzima muri iyi myigaragambyo.

Ati “ Rimwe na rimwe hari igihe bidusaba gufata intwaro. Ariko bidusaba kuzikoresha ku kigero kiri hasi.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu itangaza ko abantu 37 bamaze gupfa.

Abantu barimo abanyamakuru, impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu bagiye batabwa muri yombi.

Ubukungu bwa Sudani bugeze aho umwanzi ashaka  ku kigero cya 70% ku buryo imijyi myinshi ifite ikibazo cy’ibura ry’umugati n’ibiciro bihanitse bya peteroli.

 

 

 

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *