Banki nkuru ya Sudani irimo irahigira hasi hejuru akayabo k’amadolari yabayaranyerejwe n’uwari perezida w’iki gihugu Omar al Bashir n’abantu bamwegereye.
Nk’uko bitangazwa na RFI, Banki Nkuru y’iki gihugu yafashe icyemezo cyo gufatira konti za banki z’abantu 161 bakekwaho ibikorwa byo guhungabanya ubukungu. Urutonde ruriho abantu bahoze bashyigikiye Omar al-Bashir n’abantu bo mu muryango we.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’iperereza ryakozwe na Komite yiswe iyo gusenya ubutegetsi bwo kuwa 30 Kamena, itariki yo mu 1989 ubwo bashir yafataga ubutegetsi I Khartoum.
Kuva yahirikwa ku butegetsi muri Mata 2019, iyi komite yashinzwe kugaragaza umucyo ku mikoreshereze mibi y’umutungo y’ishyaka ryahoze ku butegetsi, National Congress Party.
Ibikorwa biteye amakenga byakorewe kuri konti za banki zafunguwe guhera mu Kuboza 2018, umunsi imyigaragambyo yatangiriye yo kwirukana Omar al-Bashir.
Amafaranga agera kuri miliyoni nyinshi z’amadolari yagiye yoherezwa ahantu nyuma agakurwaho mu byumweru bike, mu mafaranga ya Sudani, mbere yo guhindurwa ku isoko ritemewe mu madorari cyangwa amayero agasohorwa hanze y’igihugu.
Kuri Wajdi Saleh uhagarariye Komite yagize ati: “Twashoboye guhagarika gahunda z’abashyigikiye ubutegetsi bwahozeho bagerageza guhungabanya umutekano w’inzibacyuho no kutuvana mu nzira ya demokarasi. Imwe mu ntwaro zikoreshwa n’ibi bisigisigi by’ubutegetsi bwa kera ni uguhungabanya ubukungu bw’igihugu.”
Iyi komite nayo ntivugwaho rumwe
Icyakora, ku mpuguke zimwe na zimwe, iyi komite ishinzwe gukurikirana abashyigikiye ubutegetsi bwahozeho no kugarura ubutunzi bwasahuwe n’ishyaka National Congress Party , imikorere yayo ntisobanutse neza.
Kholood Khair wo muri Insight Strategy Partners ati “ Ntabwo tuzi mu by’ukuri aho amafaranga amaze kugaruzwa kugeza ubu yaruhukiye. Ntabwo dufite imibare ntakuka ku mafaranga yagarujwe na Banki ya Sudani na minisiteri y’ubukungu cyangwa serivisi yagiye gukoreshwamo.”
Uyu musesenguzi avuga ko bishoboka ko aya mafaranga na none yakongera akagwa mu mifuka y’abasirikare bari ku butegetsi, mu gihe ingengo y’imari nini ya 2021 yahariwe urwego rw’umutekano.
Ubwo Bashir yahirikwaga ku butegetsi kandi, mu rugo rwe hasanzwe akayabo k’amafaranga arimo amadolari 315,000, miliyoni 6 z’Amayero na miliyoni 5 z’ama pounds ya Sudani.


