Abayobozi ba Sudani ku Cyumweru bafatiye ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum intwaro nyinshi zari zivuye Addis Abeba mu gihugu cy’abaturanyi cya Ethiopia. Ubuyobozi bwa gasutamo bwa Sudani buvuga ko bwafashe amasanduku 72 yuzuyemo imbunda, amasasu n’indebakure z’ijoro nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Sudani, SUNA.
Iperereza ryatangiye gukorwa na komite ishinzwe kurandura ibisigisigi by’ubutegetsi bwa Omar al Bashir, ariko ivumburwa ry’izi ntwaro ryateje urunturuntu.
Nk’uko byatangajwe n’iyi komite, ngo izi ntwaro zaba zaroherejwe ziva mu Burusiya ziruhukira muri Ethiopia mu 2019. Icyo gihe, ibihumbi n’ibihumbi by’abigaragambya muri Sudani bari bakomeje gusaba Perezida Bashir kuva ku butegetsi.
Iyi komite ikomeza ivuga ko bishoboka ko izi ntwaro zishobora kuba zari zigenewe abashyigikiye ubutegetsi bwa Bashir hagamijwe kubuza igihugu kuva mu butegetsi bw’igitugu kijya mu nzira ya demokarasi.
Mu gihe cy’imyaka ibiri nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, izi mbunda n’amasasu byari mu maboko y’ubutegetsi bwa Ethiopia, bwaje kwemera ko zoherezwa I Khartoum mu ndege itwara abagenzi.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragarakuri uyu wa Mbere, kompanyi ya Ethiopian Airlines yabeshyuje ibivugwa na Sudani, ivuga ko intwaro yari itwaye ari imbunda zoroheje zo guhiga, ndetse ivuga ko ifite ibyangombwa bibyemeza.


