Sudani y’Epfo:Indege yakoze impanuka irashya ,abagenzi barimo bose bararokoka

Sangiza iyi nkuru

Indegey’ubucuruzi itwara abagenzi ya Kampani ya South Supreme Airlines yakoze impanuka irashya abagenzi 44 bose bari bayirimo bararokoka uretse abakomeretse mu buryo bworoheje.
Antonov 26 yari ihetse abagenzi 44 ikaba yakoze impanuka ku gicamunci cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2017 ,kubera impamvu kugeza n’ubu zitaramenyekana nk’uko bitangazwa na Chimpreports.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Byinshi mu bitangazamakuru bikaba byari byatangaje ko abari muri iyi ndege bose bahiriyemo ariko amakuru aturuka i Wau ari naho iyi mpanuka yabereye avuga ko bahise bakurwa muri iyi ndege mbere yuko ifatwa n’inkongi.
crusheee2
Iyi ndege ikaba yari ivuye i Juba gusa abayobozi bakaba birinze kugira icyo bavuga kuri iyi mpanuka .Hakomeje kwibazwa niba iyi mpanuka itaba yabereye mu gace karimo imirwano ikomeje kuyogoza iki guhugu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *