Sudani y’Epfo: Norvege yahakanye umugambi wo gushaka kwivugana umugaba w’ingabo

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Norvege irahakana uruhare mu mugambi wo gushaka kwivugana umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo.

“Ibi ni ibirego bitari byo no kwifuza kugaragaza nabi politiki ya Norvege, yakunze igihe kirekire kwibanda ku gutanga umusanzu ku mahoro n’iterambere muri Sudani y’Epfo no ku baturage bayo”, aya akaba ari amwe mu magambo usanga mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa ambasade ya Norvege muri Sudani y’Epfo.

Iri tangazo rikaba rikomeza rivuga ko Norvege itivanga mu buyobozi bw’ibindi bihugu.

Muri iri tangazo hakomeza havugwamo ko Guverinoma ya Norvege yamaganye yivuye inyuma ibintu yashinjijwe kuwa 12 Mutarama 2017, ahavuzwe ko abahagarariye igihugu cya Norvege n’inshuti zabo z’Abanyamerika n’Abongereza bari bari mu biganiro bigamije guhindura ubutegetsi buriho.

Iyi nama ngo ikaba yarabereye I Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya nk’uko Sudani Tribune dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Ibyatangajwe na Guverinoma ya Norvege byaje bikurikira itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe n’umuvugizi w’igisirikare cya Sudani y’Epfo, SPLA, ryavuze ko Ibihugu by’u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byahuye n’abarwanya ubutegetsi bwa Salva Kiir I Nairobi bikangambanira kwivugana umugaba mukuru w’ingabo za SPLA, Gen. Paul Malong Awan.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Iri tangazo ryagaragaje ko Malong ari imbogamizi ku bifuza ko ubutegetsi buhinduka, kubw’ibyo kugirango bigerweho akaba agomba gukurwa mu nzira cyangwa agafatirwa ibihano bikaze.

Mu mwaka ushize mu kwezi kw’Ugushyingo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zasabye Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni gufatira ibihano Dr Riek Machar urwanya ubutegetsi, Paul Malong ndetse na minisitiri w’itangazamakuru, zibashinja kuba ari bo babangamira inzira y’amahoro.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *