Sudani y’Epfo: Urugo rwa visi perezida wa mbere rwagabweho igitero

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bashinzwe kurinda umutekano w’urugo rwa visi perezida wa Sudani y’Epfo I Juba yiciwe mu gitero cyagabwe kuri uru rugo kuri iki Cyumweru nk’uko bitangazwa n’igipolisi cy’iki gihugu.

Biravugwa ko Visi Perezida, Gen Taban Deng atari mu rugo ubwo icyo gitero cyagabwaga, naho umusirikare wishwe akaba ari L/Corporal Toang Jal Nyoak.

Daniel Justin Boula, umuvugizi w’igipolisi cya Sudani y’Epfo, yabwiye Radio Tamazuj ko ubuyobozi bwa polisi butabashije guhita bumenya uko uwo musirikare yishwe ari mu kazi mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, itariki 14 Ukwakira, yongeraho gusa ko bahise batabara kandi iperereza ryatangiye.

Uyu yagize ati: “ Icyo nshobora kuvuga n’uko umurinzi yarashwe ari ku kazi hanze y’urugo rwa Visi perezida wa mbere ,”

Daniel yakomeje yemeza ko visi perezida wa mbere wa Sudani y’Epfo atari ari mu rugo ubwo uwo murinzi we yaraswaga, yongeraho ko abakoze ubwicanyi bahise bacikira ahitwa Thongpiny mu nkengero z’umurwa mukuru, Juba.

Muri Nzeri uyu mwaka, Guverineri wa Leta ya Liech y’Amajyaruguru, Joseph Nguen Monytuil nawe yarokotse urupfu nyuma y’aho imodoka ye iterewe igisasu cya bombe I Juba.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *