Ibiro ntaramakuru bya Sudani, Suna, kuri uyu wa Gatandatu byatangaje ko iki gihugu cyohereje “ingabo nyinshi” ku mupaka wacyo na Ethiopia nyuma y’igitero cyagabwe n’ingabo za Ethiopia n’imitwe yitwara gisirikare ku basirikare ba Sudani.
Ibiro bya Sudani byavuze ko “ingabo za Sudani zakomeje gutera imbere zinjira muri Al Fashaqa” muri Sudani, byongeraho ko igisirikare cyohereje ingabo zihagije ku mupaka mu kariya karere k’ubuhinzi. Aha hakaba hakunze kuba amakimbirane hagati ya Sudani n’abahinzi bo muri Ethiopia bajya guhinga ku butaka ibihugu byombi byiyitirira.
Umukuru w’ingabo za Sudani, Gen. Abdel Fattah al-Burhane, unayobora n’urwego rukuru mu gihugu, yamaze iminsi itatu ahantu abasirikare ba Sudani bane baherutse kwicwa kuwa Kabiri ushize, abandi 27 bagakomereka nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Sudani.
Inkuru bisa hano
Loni ivuga ko igice cya Sudani, cyegereye umupaka cyahuye n’ikibazo gikomeye cy’ubutabazi nyuma y’aho 50,000 by’impunzi z’Abanye-Ethiopia zihungiye imirwano yaberaga mu Ntara ya Tigray.


