Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit unayobora ishyaka riri ku butegetsi rya SPLM, yirukanye Perezida w’inteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho (TNLA), Jemma Nunu Kumba, maze ashyiraho Joseph Ngere Paciko ngo amusimbure.
Kumba, umuyoboke mukuru wa SPLM akaba n’umuntu wa hafi wa Perezida Kiir, yabaye perezida w’inteko kuva muri Kanama 2021. Ntabwo yigeze ahabwa inshingano nshya.
Ivanwaho rye rije nyuma y’amatora yo kumuvanaho icyizere yakozwe mu ishyaka rya SPLM mu cyumweru gishize, bitewe n’imiyoborere mibi na ruswa.
Inteko Ishinga Amategeko yasabye kandi gusimbuza Perezida wungirije wa kabiri w’inteko, Parmena Awerial Aluong.
Perezida Kiir yasohoye iteka, ryasomwe n’umuhwituzi mukuru wa SPLM, Tulio Odongi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, anemeza Ngere wari uhagarariye Mundri West muri Leta ya Western Equatoria nka perezida mushya w’inteko.
Iteka kandi ryakuyeho Aluong maze rishyiraho Abuk Payiti Ayik, umudepite uhagarariye Intara ya Malakal muri Leta ya Upper Nile, nka perezida wungirije w’inteko ushinzwe imari n’ubutegetsi.


