Perezida Omar Hassan al-Bashir wa Sudani yagize minisitiri w’intebe uwari visi perezida we wa mbere akaba n’inshuti ye y’akadasohoka, Hassan Saleh. Uyu mwanya ukaba wari warakuweho kuva mu 1989.
Hassan Saleh biteganyijwe ko aza kurahira kuri uyu wa Kane, azakomeza kuba na visi perezida yari asanzweho nk’uko tubikesha Howafrica.
Uyu wahoze mu gisirikare ndetse anafite ipeti rya general, yigeze no kuba minisitiri w’ingabo, uw’ubutegetsi bw’igihugu ndetse anaba minisitiri ushinzwe ibibazo byo muri perezidansi. Biteganyijwe ko nyuma yo kurahira ahita anashyiraho guverinoma nshya.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umwanya wa minisitiri w’intebe wongeye gushyirwaho nyuma y’ivugurura ry’itegeko nshinga rya Sudani ryo mu Ukuboza 2016 bisabwe n’uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi. Nubwo perezida Bashir yemeye gukora ibyo yasabwe, ububasha bwose nawe yarabwikubiye bwo kugena uwaba minisitiri w’intebe.
Perezida Hassan al-Bashir yari yakuyeho umwanya wa minisitiri w’intebe nyuma y’ihirika ry’ubutegetsi ryamugejeje ku butegetsi mu 1989.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


