Umukecuru Bibihal Uzbeki w’imyaka 106 ukomoka muri Afghanistan bikekwa ko ari we mpunzi ikuze kurusha izindi ku isi, agiye gusubizwa mu gihugu cye nyuma yo kwimwa ubuhungiro mu gihugu cya Suede.
Umuhungu w’uyu mukecuru n’umwuzukuru we ngo bamuhunganye bamuhetse ku migongo yabo ubwo bahungaga bava Kunduz mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Afghanistan, banyura muri Iran no muri Turkiya bashaka guhungira mu Burayi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Urugendo rw’aba bantu rwavuzwe cyane mu itangazamakuru mu 2015, ubwo bagaragaraga mu itsinda rinini ry’impunzi zinjiraga mu Burayi ziva muri Syria, Afghanistan, Irak no mu bindi bihugu. Aba ngo bakaba barakoresheje amaguru na gari ya moshi bakagera muri Suede.
Nyuma y’imyaka 2 nk’uko iyi nkuru dukesha VOAAfrique ikomeza ivuga, uyu mukecuru n’abandi 11 bo mu muryango we, baba mu giturage gito cya Hova, muri Suede rwagati.

Uyu muryango ukaba uvuga ko umukecuru wabo yahise arwara ihungabana kuva ubusabe bwabo bw’ubuhungiro bwaterwa utwatsi, bakavuga ko gusubira muri Afghanistan ku mukecuru utakiva mu buriri utabasha kugenda no kureba ari ibidashoboka.
Uyu muryango rero kuri ubu ukaba uri kujuririra icyemezo cyo kuwima ubuhungiro, mu gihe Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rwa Suede ruvuga ko rwafashe icyemezo, kandi kuba umuntu afite imyaka myinshi cyane atari byo byamuhesha ubuhungiro.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


