Umukinnyi rurangiranwa akaba na rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, yerekeje muri Congo Kinshasa aho agiye kwitegura imikino y’umwaka utaha iteganyijwe ikazabifashwamo n’uyu musore.

Amakuru atangazwa n’urubuga rwa As Kigali, avuga ko mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere taliki 15 Kanama 2016 ari bwo uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko yageze ku kibuga cy’indege ikanombe aherekejwe n’ubuyobozi bwa As Kigali.
Ibi bibaye nyuma yuko mu kwezi gushize aribwo Sugira yajyaga muri Congo Kinshasa mu biganiro bisoza n’iyi kipe, birangira hemejwe ko muri uku kwezi ari bwo azasubirayo nk’umukinnyi wayo nyirizina.
Ubusanzwe Sugira Ernest yagiye muri As Kigali avuye muri APR Fc amaze kuyikinira umwaka umwe 2013/2014 nabwo avuye muri As Muhanga.
Akaba yerekeje muri AS Vita Club nyuma y’uko bagenzi be bazwi mu Rwanda barimo Kalisa Mao (Kasongo Kabiona), Bokota Labama …..nabo banyuze muri iyo kipe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ernest yabengutswe na Florent Ibenge usanzwe atoza iyi kipe, ubwo yigaragazaga mu irushanwa rya CHAN ryabereye mu Rwanda muri Mutarama uyu mwaka, nyuma yo gutsinda amakipe atandukanye nubwo bitamuhiriye ko u Rwanda rwegukana iryo rushanwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


