Sukhoi ya FARDC yibeshye ibipimo yica abarwanyi bayo biganjemo Abarundi

Sangiza iyi nkuru

Umubare utamenyekanye w’ingabo za FARDC n’abambari bayo barimo Wazalendo , FDLR , Ingabo z’Abarundi zirasheho nyuma y’uko indege y’intambara ya Sukhoi-25 yibasiye ibirindiro byazo mu gace ka Kiluku, munsi y’umusozi wa Muremure muri Bweramana.

Kivu News24 , itangaza ko iyi ndege yarashe kuri ibi birindiro yibeshye ko irashe ku barwanyi ba M23 hapfa abasirikare benshi batatangajwe umubare.Amafoto yashyizwe hanze n’uru rubuga agaragaza imirambo itandukanye bivugwa ko ari iy’Abarundi barimo gufasha FARDC kurwanya M23.

Intandaro y’uku kwikora mu nda, byaturutse ku kuba FARDC yikanze ibitero bya M23 , ihita ihagurutsa indege ya Sukhoi-25,yibeshya ku bipimo( Coordonnées ), niko guhita yohereza ibisasu ku birindiro byayo igitaraganya.

Ni nyuma y’uko imirwano yaramutse yibasiye ibi bice , aho impande zombi zikomeje guhangana bikomeye.Umutwe wa M23 watangaje ko izi ngabo za Leta n’abazishyigikiye bakomeje kurasa bibanda ahari abaturage benshi bamwe bikabaviramo kubura ubuzima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *