taiwanfighterjet-1637218093.jpg

Taiwan yamuritse indege zayo nshya z’indwanyi ziteye imbere zo mu bwoko bwa F-16V

Sangiza iyi nkuru

Taiwan yashyize ahagaragara indege y’intambara iteye imbere cyane yo mu bwoko bwa F-16V igendana misile, mu myiyereko idasanzwe ya nijoro ykozwe nyuma y’imyitozo ya gisirikare y’u Bushinwa itarigeze ibaho mu nkengero z’iki kirwa.

Muri uku kwezi Ingabo z’u Bushinwa zakoze imyitozo mu kirere no mu nyanja mu muhora wa Taiwan nyuma y’uruzinduko rwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Nancy Pelosi ndetse n’intumwa z’inteko ishinga amategeko ya Amerika zamukurikiye.

taiwanfighterjet-1637218093.jpg

Taiwan nayo yakoze imyitozo yo kwerekana uburyo bwo kwirinda ibitero by’u Bushinwa kandi kuri uyu wa Gatatu ushize ingabo zirwanira mu kirere zapakiye indege zayo z’intambara nshya, F-16V, za misile zirasa amato zakorewe muri Amerika mu myitozo yo “kugaragaza ko ziteguye intambara” ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere mu ntara yo mu burasirazuba yitwa Hualien.

Abanyamakuru beretswe abasirikare berekana uburyo bihuta mu gushyira intwaro kuri F-16 V, zirimo na misile zo mu bwoko bwa Harpoon zikorwa na Boeing Co zagenewe kurasa amato y’intambara nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga.

000_32gn23q.jpg

Ingabo zirwanira mu kirere za Taiwan zivuga ko F-16V esheshatu zahagurutse zigiye mu butumwa bwo gushakisha amakuru nijoro no mu myitozo, harimo ebyiri zitwaje misile.

Igisirikare cyo mu kirere cyagize kiti: “Imbere y’iterabwoba ry’ingabo z’Abakomunisiti z’Abashinwa mu myitozo ya gisirikare iherutse, twakomeje kuba maso mu gihe twitegura urugamba ahantu hose no kwitoza igihe icyo ari cyo cyose ‘… kugira ngo twizere umutekano w’igihugu.”

Umuvugizi wa minisiteri y’ingabo, Sun Li-fang yavuze ko mu gihe Taiwan yamaganye ibikorwa by’u Bushinwa mu minsi yashize, aya yari amahirwe meza ku ngabo za Taiwan kugira ngo zongere ubumenyi.

f-16v70.jpg

Izi ndege z’indwanyi za F-16V ni ubwoko bushya bwa F-16 zikorerwa muri Amerika ariko zavuguruwe zishyirwa ku rundi rwego mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *