Ikigo cy ‘Itangazamakuru “Tanzania Broadcast Corporation” (TBC) gikorera muri Tanzania cyirukanye abanyamakuru 9 bacyo nyuma yo gutangaza amakuru y’ibinyoma avuga ko Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump ashimagiza Perezida John Magufuli.
Iyo nkuru yatangajwe mu Cyumweru gishize ivuga ko Perezida Donald Trump yasabye abandi bakuru b’Ibihugu bya Afurika gufatira urugero kuri Perezida Magufuli ku bijyanye no kurwanya abarya ruswa anamwita umucunguzi wa Afurika.
Umuyobozi mukuru wa TBC ,Ayub Chacha yabwiye BBC ko yasabye imbabazi ndetse anavuga ko iryo kosa ritari kubaho iyo amategeko yo gutunganya inkuru akurikizwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyo nkuru y’ibinyoma isa naho yakwirakwijwe n’ikinyamakuru gishyira amakuru yacyo ku mbuga nkoranyambaga kiyakuye mu bindi bitangazamakuru.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com


