Ibirego Lissu aregwa byongeye gutuma benshi bongera gushungura Perezida Samia Suluhu Hassan ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu gihe azaba yiyamamariza kongera gutorwa mu mpera z’Ukwakira.
Perezida Suluhu Hassan yakunze kuvuga ko guverinoma ye yiyemeje guharanira uburenganzira bwa muntu n’imiyoborere myiza.
Umuvugizi w’ishyaka rya CHADEMA rya Lissu yavuze ko abayobozi b’iryo shyaka bahuye n’abayobozi b’urwego rushinzwe amagereza muri Tanzaniya bamenyeshwa ko yimuwe.
Umuvugizi wa serivisi z’amagereza muri Tanzaniya, Elizabeth Mbezi, ntiyitabye telefoni n’ubutumwa bugufi busaba ibisobanuro nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’u Bwongereza.
Ku wa Gatanu, CHADEMA yari yavuze ko abayobozi b’ishyaka, abunganizi ba Lissu n’abagize umuryango we, bagerageje kumugeraho muri gereza yo mu murwa mukuru Dar es Salaam aho yari afungiye kuva ku itariki ya 10 Mata ariko baramubura.


