Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Freeman Mbowe uyobora Chadema, kuri uyu wa Gatanu, itariki 06 Kanama, ategerejwe imbere y’urukiko rwa Kisutu, i Dar es Salaam, aho aregwa ibyaha birimo iterabwoba. Uru rubanza rukaba rwari ruteganyijwe kuri uyu wa Kane mbere yo gusubikwa.
Perezida wa Chadema n’abandi bayoboke 10 b’ishyaka rye batawe muri yombi mu byumweru bibiri bishize bafatiwe mu Mujyi wa Mwanza aho bateganyaga gukorera inama yo gusaba amavugurura mu itegeko nshinga.
Itabwa muri yombi ryabo ryamaganwe n’abantu batandukanye barimo umuryango wa Amnesty International. Bavuga ko ibyaha ashinjwa byihishwe inyuma n’impamvu za politiki.
Roland Ebole, umushakashatsi w’uyu muryango avugana na RFI, yavuze ko “Freeman Mbowe n’abandi bantu batatu bashinjwa ibyaha byakozwe hagati ya Gicurasi na Kanama mu mwaka ushize, nk’uko polisi ivuga.”
Uyu akomeza avuga ko igihe ubutegetsi bwahitiyemo guta muri yombi aba banyapolitiki ari icyo gukemangwa kuko bafashwe nyuma y’umwaka ibyo bashinjwa bikozwe, no mu gihe uyu muyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi asaba amavugurura mu itegeko nshinga.
Freeman Mbowe yatawe muri yombi ku itariki 21 Nyakanga. Yagejejwe imbere y’urukiko nyuma y’iminsi itanu, ubushinjacyaha busaba igihe cyo gukusanya ibindi bimenyetso.
Kuri uyu wa Kane hari hateganyijwe imyigaragambyo yo gusaba ko Freeman Mbowe afungurwa ariko polisi ivuga ko itemewe ndetse bamwe mu bari bayitangije batabwa muri yombi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


