Amakuru aturuka mu Nkambi y’Impunzi z’Abarundi ya Nduta muri Tanzania aravuga ko kuri uyu wa Kane ushize hafatiwe intwaro zitandukanye.
Izo ntwaro biravugwa ko zafatiwe mu mudugudu wa 8 wa Zone ya 7 yo muri iyi nkambi y’impunzi ya Nduta. Mu ntwaro zafashwe harimo Kalachnikov nk’uko ababibonye babyemeza.
Ni mu gihe ariko ba nyri izi ntwaro bo bataramenyekana nk’uko iyi nkuru dukesha SOSMediasBurundi ikomeza ivuga.
Impunzi rero ngo zihangayikishijwe n’umutekano wazo, zikaba zitabaza abazishinzwe n’abayobozi ba Tanzania.
Zirifuza ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, ndetse n’abayobozi ba Tanzania bagira uruhare mu kubacungira umutekano.
Impunzi z’Abarundi zahungiye muri Tanzania zikomeje guhangayikishwa n’umutekano wazo dore ko zikunze no gutaka gucengerwamo n’abakozi ba Leta y’u Burundi ngo babakangisha kubagirira nabi kuko banze gutaha.
Izi mpunzi zikaba zemeza ko inkambi yahindutse ahantu hakorerwa ubugizi bwa nabi bwa hato na hato burimo n’ubujura bukoreshwa intwaro.


