Ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Chadema, ryakuwe mu matora rusange ataha nyuma yo kwanga gushyira umukono ku mabwiriza agenga imyitwarire myiza mu gihe cy’amatora, ibona ko binyuranyije n’amategeko. Muri 2020 na 2024, benshi mu bakandida ba CHADEMA nabwo bavanwe mu bemerewe kwitabira amatora. Ariko kuri iyi nshuro, ishyaka ryose ryashyizwe ku ruhande, nyuma y’iminsi mike umuyobozi waryo, Tundu Lissu, atawe muri yombi. Ibi ngo ni ubwa mbere mu mateka ya politiki y’igihugu.
Ku wa Gatandatu, itariki ya 12 Mata, komisiyo ishinzwe amatora muri Tanzania yavuze ko: “Nta mahirwe ya kabiri azabaho” ku mashyaka yanga gushyira umukono ku mabwiriza agenga imyitwarire myiza mu bihe by’amatora kandi akumiriwe, mu myaka 5 iri imbere, mu matora yose azaba muri Tanzania.
Ni icyemezo kinyuranyije n’amategeko, nk’uko umwe mu bunganira ishyaka , Rugemeleza Nshalla abivuga: “Perezida wa Komisiyo y’Amatora nta bubasha afite bwo guheza ishyaka. Iki ni icyemezo kidahwitse, kinyuranyije n’Itegeko Nshinga. Iyi komisiyo yiswe komisiyo yigenga ikorana n’abayobozi kugira ngo bafunge inzira y’amatora. Twanze gushyira umukono ku cyemezo kibogamye, cyafashwe mu nyungu za CCM {Chama Cha Mapinduzi} ishyaka riri ku butegetsi”.
Yahamagariye abafatanyabikorwa mpuzamahanga kugira icyo bakora kandi bateganya kujuririra iki cyemezo mu butabera. Ati: “Uku guhezwa ntigushobora gufata “.
Guverinoma yamaganye ijambo guhezwa
Kuri guverinoma, CHADEMA ni yo yabyiteye. Dr. Abdullah Makame, umwe mu bagize inteko ishinga amategeko wo mu ishyaka riri ku butegetsi rya CCM, avuga ko ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryikuye mu matora ku bushake.
Yagize ati: “Chadema yanze gushyira umukono ku mabwiriza agenga amatora mu rwego rwo kwitegura amatora yo mu Kwakira, bitandukanye n’andi mashyaka 17. Kwirukanwa rero bituruka ku kwikuramo kwabo, binyuranyije n’amategeko yashyizweho na komisiyo y’amatora.”
Depite agaragaza ko ivugurura ryinshi rimaze gushyirwa mu bikorwa kugira ngo komisiyo yigenga irusheho gukorera mu mucyo. Ariko kuri CHADEMA, izi mpinduka ntizihagije. Ihangana rikaba ryatangiye amezi atandatu mbere y’amatora ya perezida.


