Iperereza ryakozwe na Leta ya Tanzania ku mvururu zakurikiye amatora rusange yo mu Ukwakira 2025 yabaye muri icyo gihugu, ryagaragaje ko abantu nibura 518 ari bo bishwe.
Barimo 197 barashwe, na ho abarenga 2,000 barakomereka. Mu bapfuye harimo abagabo 490, abana 21 ndetse n’abagore 16, ariko umubare nyakuri ushobora kuba urenzeho kubera abashyinguwe mu ibanga.
Komisiyo yashyizweho na Leta ngo ikore iperereza, iyobowe na Mohamed Chande Othman, ntiyigeze igaragaza ba nyirabayazana b’izo mpfu, gusa muri raporo yayo yasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse, ibintu byateje impaka kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja inzego z’umutekano gukoresha ingufu z’umurengera.
Izi mvururu zabaye nyuma y’uko Perezida Samia Suluhu Hassan atsindiye amatora ku majwi 98%, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi barabyamaganye bavuga ko atari amatora anyuze mu mucyo, cyane cyane ko bamwe mu batavuga rumwe na we batemerewe kwiyamamaza.
N’imiryango mpuzamahanga yagaragaje impungenge ku mucyo w’ayo matora.
Amashusho yemejwe yagaragaje abapolisi barasa ku myigaragambyaga, mu gihe Leta yo ivuga ko inzego z’umutekano zari zigamije gukumira umutekano muke, ikanavuga ko izo mvururu zari zateguwe hagamijwe guhungabanya igihugu.
Hatangajwe ko hagiye gushyirwaho urwego rushya rushinzwe gukora iperereza ku byaha byabaye, birimo ubwicanyi, ubusahuzi n’ibura ry’abantu.
Ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Chadema, ryavuze ko raporo yasohowe na Leta ari “uguhisha ukuri”.
Komisiyo yakoze iperereza yo yavuze ko impamvu z’izo mvururu zirimo ibibazo bya politiki n’ubukungu, nko gusaba impinduka no kutishimira ubutegetsi bumaze igihe kirekire mu maboko y’ishyaka rimwe.
Mu myanzuro yayo, komisiyo yasabye gufasha abahuye n’ingaruka z’izo mvururu, gushyiraho umunsi wo kwibuka abapfuye, gukomeza iperereza kugira ngo hamenyekane abaryozwa ibyo byaha, no gukora impinduka zirimo gushyiraho itegeko nshinga rishya bitarenze 2028.


