Tanzania: Umugore akurikiranweho gukeba igitsina cy’umugabo we

Sangiza iyi nkuru

Umugore witwa Flora Adam akurikiranweho gukeba igitsina cy’umugabo we w’umupolisi ukorera mu ntara ya Shinyanga muri Tanzania ku wa 28 Ukuboza 2019, amakimbirane mu muryango ni yo avugwa kuba intandaro y’iki gikorwa.

Ikinyamakuru Mwananchi kivuga ko uyu mupolisi wakebwe igitsina yitwa Kazimili. Ibi byemejwe n’umuyobozi wa polisi mu ntara ya Shinyanga, Deborah Magiligimba ejo ku wa 1 Mutarama 2020, wavuze ko Kazimili atapfuye.

Komanda Magiligimba avuga ko Kazimili yakebwe igitsina aryamye mu masaa kumi n’imwe z’igitondo ku masaha yo mu Rwanda.

Ati: “Uwo mugore yatunguye umugabo we aryamye saa kumi n’imwe z’igitondo, amukata imyanya y’ibanga akoresheje icyuma gityaye.”

Nyuma yo kujyanwa ku bitaro akitabwaho, Kazimili yasubiye mu rugo.

Mu bihugu bitandukanye humvikana amakuru y’abagabo n’abagore bahohoterana bitewe n’amakimbirane baba bafitanye mu ngo zabo.

Bamwe bafata umwanzuro wo gutandukana binyuze mu mategeko cyangwa ku bwumvikane, abandi bagafata ibyemezo kwicana, gukomeretsanya n’ibi byo gukatana imyanya y’ibanga; ibyaha bihanirwa n’amategeko ya buri gihugu.

Tariki ya 13 Ukwakira 2019, mu karere ka Nyaruguru humvikanye umugore witwa Nikuze Anonciata yakase igitsina cy’umugabo we yifashishije icyuma, amushinja kumuca inyuma.

Muri Nyakanga 2019 na bwo Beatrice Acen wo muri Uganda yakase igitsina cy’umugabo we witwa Moses Okot amuhora kuryama badakoze imibonano mpuzabitsina. Acen na we yakoresheje icyuma cyifashishwa mu guhata.

Kuba umugore n’umugabo bakwcara bakaganira ku kibazo bafitanye ni wo muti watuma bitagera aho umwe muri bo akora ibyaha nk’ibi.

Mu gihe bo ubwabo badashoboye kwumvikana, bitabaza abo ku ruhande bakabunga, byakwanga bagatandukana nta wononnye ubuzima bw’undi cyangwa ngo bicane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *