Tanzania: Umunyamakuru Kabendera ukunda kunenga ubutegetsi yashinjijwe gushaka kugumura abaturage

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi ba Tanzania kuri uyu wa Gatanu bashinjije umunyamakuru, Erick Kabendera wubashywe ukunze kunenga ubutegetsi, icyaha cyo gushishikariza rubanda kwigumura ku butegetsi gihanwa n’amategeko arwanya ibyaha bikorerwa kuri internet , urubanza abanenga ubutegetsi bemeza ko ari ikindi gitero ku bwisanzure bw’itangazamakuru ku butegetsi bwa Perezida John Pombe Magufuli.

Umunyamakuru Erick Kabendera watawe muri yombi kuwa Mbere ushize nijoro akuwe iwe I Dar es Salaam, arashinjwa gutangaza inkuru z’ibinyoma zigamije kugumura abaturage nk’uko itsinda ry’abunganizi be rivuga.

Uyu munyamakuru ukorera ibinyamakuru byo mu gihugu n’ibyo hanze uzwiho gukora inkuru zitari nziza ku butegetsi bwa Perezida Magufuli, yabanje gufungwa ahatwa ibibazo ku bwenegihugu bwe.

Ibyo birego byaje guteshwa agaciro bisimbuzwa ibyaha bihanwa n’amategeko ahana ibyaha bikorerwa kuri internet, abanenga ubutegetsi bavuga ko Perezida Magufuli yayashyiriyeho gucecekesha abanenga ubutegetsi.

Kuri ubu Kabendera akaba ashinjwa gucisha ku mbunga amakuru y’ibinyoma agamije gukangurira abaturage kwigomeka ku butegetsi nk’uko umwe mu bunganizi be witwa Shilinde Swedy yabitangarije AFP.

Hagati aho, Serivisi zishinzwe abinjira n’abasohoka zo zamaze kurangizanya na Kabendera kandi zasanze nta kibazo gihari ku bwenegihugu bwe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *