Tanzania: Urusaku rw'amasasu rwumvikanye mu nkambi y'impunzi z'Abarundi

Sangiza iyi nkuru

Urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Nyarugusu muri Tanzania, bigakekwa ko ari amabandi yitwaje intwaro yahagabye igitero.

Ayo masasu yumvikanye ahagana saa moya n’igice (19:30) zo ku wa Gatandatu tariki ya 21 Nzeri 2019, izi mpunzi zikaba zemeje ko ari abagabye igitero bagamije kwiba.

Aganira na RPA uyu yagize ati “Bari abajura bitwaje intwaro z’imbunda, ahagana saa moya polisi yari irimo gutandukanya abacuruza imboga, boseĀ  bashyirwaga ku gitutu basabwa gutaha aho baba. Nyuma y’iminota 30 twumvise urusaku rw’amasasu, byavuzwe ko ari abajura bitwaje intwaro”.

Izi mpunzi zitangaza ko abo bajura bagiye mu rugo rw’umucuruzi w’amashaza utatangajwe amazina bahasahura umubare w’amafaranga utaramenyekana.

Ati “Nta mibare yari yatangazwa y’ibyibwe, bari baje gusahura umucuruzi w’amashaza, ni mu nkambi imbere, batwaye amafaranga ariko umubare wayo ntabwo wari wamenyekana”.

Izi mpunzi zikomeza zivuga ko ubwoba ari bwinshi. Zigasaba abashinzwe umutekano w’inkambi kurushaho kuwubungabunga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *