Tanzaniya: Amashyaka 10 yanze kwifatanya na CHADEMA irwanya perezida Magufuli

Sangiza iyi nkuru

Mbere y’uko hatangazwa ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’ishyaka riharanira demokarasi n’iterambere muri Tanzaniya, CHADEMA biteganyijwe gushyirwa ahagaragara kuwa 1Nzeri 2016; amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yamaganiye kure iki gikorwa kizaba kirimo n’imyigaragambyo.
Inama yahuje amashyaka 10 ya politiki muri iki gihugu yemeje ko atarenga kubyo perezida John Pombe Magufuli yatangaje ku bijyanye n’umutekano w’igihugu ngo bifatanye na CHADEMA mu bikorwa iri gutegura birimo icyiswe eperasiyo Ukuta ndetse n’imyigaragambyo.

ukuta
Amashyaka 10 yanze gushyigikira CHADEMA mu kurwanya perezida Magufuli

Kamarade Fahmi N Dovutwa ukuriye amashyaka ya politiki yatangarije itangazamakuru ko icyatumye aya mashyaka aterana ari ukugira ngo yigire hamwe icyagumya guteza imbere amahoro muri Tanzaniya ndetse no gusaba iri shyaka rya CHADEMA kwiyunga nabo aho kujya mu bikorwa bishobora guteza intugunda.
Ku ruhande rw’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya CHADEMA, umukuru waryo Freeman Mbowe yavuze ko icyo gikorwa bateguye cyiswe Ukuta kirenze kure ubunyagitugu bushinjwa abayobozi ba leta burimo no gukuraho inama zigaga kuri politiki.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
MUREGO Anatty@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *