Tchad: Inyeshyamba zarahiriye gufata Ndjamena nyuma yo kurasa Idriss Déby

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba zimaze igihe zigaba ibitero kuri Tchad ziturutse muri Libya, zatangaje ko zifite gahunda yo gukomeza urugendo zikagera mu murwa mukuru Ndjamena, nyuma yo kurasa Perezida Idriss Déby Itno.

Byatangajwe na Kingabe Ogouzeimi de Tapol, Umuvugizi w’Inyeshyamba zo mu mutwe wa Front pour l’alternance et la concorde au Tchad (FACT) umaze igihe uhanganye n’ingabo za Tchad.

Aganira na AFP yagize ati: “Rwose twanze inzibacyuho [iyobowe n’umwe mu bahungu ba Déby]. Turateganya gukomeza ibitero.”

Uyu yunzemo ati: “Abasirikare bacu bari mu nzira berekeza i Ndjamena, ariko turemerera abahungu ba Déby amasaha ari hagati ya 15 na 24 kugira ngo bashyingure se.”

Inyeshyamba za FACT zigambye gukomeza urugendo ruziganisha i Ndjamena, mu gihe igisirikare cya Tchad giheruka gutangaza ko cyazikubise ahababaza, nyuma y’imirwano ikomeye yamaze hafi icyumweru gishize.

Ku wa Mbere ingabo za Tchad zatangaje ko zishe abarwanyi barenga 300 b’uriya mutwe, abandi 150 bafatwa mpiri.

Umutwe wa FACT wiganjemo abarwanyi b’aba Goran bo mu butayu bwa Sahara, ku cyumweru wo wari watangaje ko wigaruriye agace ka Kanem wagabyemo ibitero bikomeye ku itariki ya 11 Mata, umunsi abanya-Tchad bitabiriye amatora y’umukuru w’igihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Tchad: Inyeshyamba zarahiriye gufata Ndjamena nyuma yo kurasa Idriss Déby
    Ninde wababwiye ko Idris Deby yishwe n’inyeshyamba?

  2. Tchad: Inyeshyamba zarahiriye gufata Ndjamena nyuma yo kurasa Idriss Déby
    Ninde wababwiye ko Idris Deby yishwe n’inyeshyamba?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *