Theo Walcott, umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza akaba akinira Arsenal, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Tariki ya 20 Gashyantare 2017, nibwo yabashije kwese umuhigo atsinda igitego cye cy’ijana (100) mu ikipe ya Arsenal.
Yesheje umuhigo ubwo Arsenal yanyagiraga ibitego 2-0 Sutton United, igitego yatsinze ku munota wa 55 w’umukino, uyu musore w’umuhanga benshi baziho kwiruka cyane mu kibiga kurusha ingeragere, akunze kuzahazwa n’imvune.

Theo Walcott yinjiye mu ikipe ya Arsenal tariki ya 20 Mutarama 2006, afite imyaka 16 y’amavuko, yabashije gutsinda igitego cya mbere muri Arsenal tariki ya 25 Gashyantare 2007, agitsinda Arsenal yakinnye na Chelsea.
Walcott aza ku mwanya wa 18 ku rutonde rw’abakinnyi batsinze ibitego byinshi muri Arsenal mu myaka bayimazemo. Thierry Henry ni we uza ku mwanya wa mbere, yinjiye muri Arsenal mu mwaka w’1999 ayivamo 2012 ayitsindira ibitego 228.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Theoneste Itangishatse/bwiza.com


