Amakuru yatangiye gucicikana mu bitangazamakuru bitandukanye aravuga ko Thierry Henry wahoze akinira ikipe ya Arsenal yagizwe umutoza wungirije w’ikipe y’igihugu y’Ububiligi.

Uyu musore utari usanzwe afite uburambe mu gutoza amakipe, agizwe umutoza muri iyi kipe nyuma yo kunugwanugwa ko ashobora kuba umwe mu bazunganira Arsene Wenger muri Arsnal ariko bikaba birangiye agiye mu Bubiligi.
Roberto Martinez, wahoze atoza Evaton, nyuma akaza gutoza iyi kipe ya Red Devils yavuze ko ubu agiye guhuza imbaraga n’uyu musore w’imyaka 39 kugirango bese umuhigo wo gutwara ibikombe bitandukanye.
The Sun dukesha iyi nkuru, itangaza ko uyu musore agiriwe ikizere mu butoza, mu gihe nta burambe asanzwe afite mu butoza ngo hakaba hitezwe kurebwa uruhare azatanga muri iyi kipe mu kugaragaza umusaruro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Thierry Daniel Henry, yakinye mu makipe akomeye nka Fc Barcelona , Monaco, Juventus nyuma aza kujya muri Arsenal ari naho yandikiye amateka mu gihe cy’imyaka 8 yayimazemo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


