gp.jpg

Thomas Lubanga na bagenzi be bacitse inyeshyamba zari zarabafashe bugwate

Sangiza iyi nkuru

Intumwa enye zigize itsinda Task Force zari zaroherejwe na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu biganiro na CODECO mu ntara ya Ituri, zashoboye gucika uyu mutwe witwaje intwaro wari umaze hafi amezi abiri uzifashe bugwate.

Izi ntumwa ni Thomas Lubanga na Floribert Ndjabu bigeze kuba abakuru b’imitwe y’inyeshyamba muri Ituri, hamwe n’abasirikare babiri b’ipeti rya Colonel mu ngabo z’igihugu, FARDC.

Lubanga na bagenzi be batorotse ibirindiro by’abarwanyi ba CODECO muri Teritwari ya Djugu mu masaa munani y’urukerera, babifashijwemo n’abasirikare bo mu mutwe udasanzwe ba FARDC, nk’uko Guverineri w’intara Lt Gen. Johnny Luboya yabimenyesheje itangazamakuru.

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa ivuga ko hari amakuru yumvise y’uko mbere y’uko izi ntumwa zitoroka, imwe y’ipeti rya Colonel yabanje kurasa abarwanyi babiri bazirindaga, intwaro ebyiri bari bafite zirazibambura.

Amakuru aturuka muri RDC avuga ko izi ntumwa zagejejwe ku biro bya FARDC bya Bunia biri mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu masaa kumi y’urukerera rw’uyu wa 12 Mata.

Videwo yatangajwe n’Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya igaragaza abasirikare benshi barindiye umutekano izi ntumwa, Lubanga abashimira ko babafashije gucika.

Yagize ati: “Amarangamutima ni menshi ku buryo mbuze amagambo nakoresha nshimira ingabo zacu. […] Imikoranire inoze y’ingabo zacu na ba Colonel twari kumwe yadufashije gutsinda uyu mutwe utekereza nabi gusa. Twabonye uburinzi bwa kinyamwuga bwa segiteri y’ibikorwa bya gisirikare, abarinzi b’abayobozi bakuru n’abandi. Ni ukwibohora kw’abarwanyi, k’ubutwari. Twakozwe ku mutuma n’urukundo rw’abantu bacu.”

Izi ntumwa zafashwe bugwate guhera tariki ya 16 Gashyantare 2022. Abarwanyi b’uyu mutwe baherukaga gushyira ahagaragara amafoto yazo bazifotorejeho.

gp.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *