TP Mazembe y’abagore yanyagiye indi kipe ibitego 43 mu mukino umwe

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’abagore ya Tout Puissant Mazembe (TP Mazembe) yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yanyagiye ibitego 43 ku busa FC Œcuménique byari bihataniye igikombe cy’irushanwa ryiswe EUFLU (L’Entente Urbaine de Football de Lubumbashi) ribera mu mujyi wa Lubumbashi mu Ntara ya Haut-Katanga.

Muri uyu mukino, rutahizamu Esther Dikisha yatsinze ibitego 19 wenyine, ahita ayobora abamaze gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa ryari rigeze ku munsi wa gatatu.

Ariko umukino umaze kurangira, umutoza wa TP Mazembe, Maguy Safi Makanda yavuze ko iri rushanwa riciriritse bitewe n’imyitwarire y’amakipe yaryitabiriye. Ati; “Nshingiye ku rwego rw’abo duhatanye, iyi si ntabwo ari imyiteguro myiza kuri twebwe. Dukeneye gukina irushanwa riri ku rwego rwo hejuru, rituma abakinnyi banjye bamenya guhakana.”

Icyakoze muri iki kiganiro umutoza yagiranye na Nyota TV, yavuze ko mu gihe gisigaye, ateganya imikino ya gicuti n’amakipe y’abahungu kugira ngo abakobwa be bazamure urwego. Ati: “Mu gihe gisigaye, nzategura imikino ya gicuti n’abahungu kugira ngo bazamure urwego rw’amakinnyi banjye. Ariko nishimiye ibivuye mu mukino.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *