Umucamanza wa New York yasanze Donald Trump n’ubucuruzi bw’umuryango we barongereye mu buryo bw’uburiganya agaciro k’umutungo we n’indi migabane, ibintu bishobora gutuma uwahoze ari Perezida wa Amerika atakaza uburenganzira bwo gukora ubucuruzi mu gihugu.
Icyemezo gikaze cyatanzwe n’umucamanza Arthur Engoron wo mu rukiko rwa leta ya New York i Manhattan kizorohereza umushinjacyaha mukuru wa Leta Letitia James gusaba indishyi mu rubanza ruteganijwe ku itariki ya 2 Ukwakira.
Engoron yategetse kandi guhagarika ibyemezo byemerera bimwe mu bikorwa bya Trump gukora, harimo n’uruhushya rwa Trump Organisation, rwo gukorera i New York, anategeka ko hashyirwaho umuntu utangira gucunga iseswa ry’ubucuruzi nk’uko tubikesha Reuters.
Umucamanza yasobanuye uburyo Trump, abahungu be bakuru Donald Jr. na Eric, Trump Organisation hamwe n’abandi baregwa bazamuye agaciro kandi bakazamura umutungo wa Trump kugira ngo bahuze n’ibyo bakeneye mu bucuruzi.
Engoron yanditse ati: “Iyi ni isi y’inzozi, ntabwo ari isi ya nyayo.”
Umucamanza kandi yahannye abunganira abaregwa ku kuba baratanze ingingo z’amategeko zidafite ishingiro bigakongeza imyitwarire mibi y’abakiriya babo.
Trump n’abandi baregwa bavuze ko batigeze bakora uburiganya, kandi ko ibikorwa bitavugwaho rumwe mu rukiko byungutse. Barateganya kujuririra icyemezo cya Engoron.


