Trump yagize Linda McMahon uhagarariye komite izamufasha mu ihererekanyabubasha n’aramuka atowe

Sangiza iyi nkuru

Donald Trump yagize Linda McMahon, ukuriye itsinda rizamufasha gutegura ihererekanyabutegetsi mu gihe yaba atsinze Amatora y’umukuru w”Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu mugore yahoze ari umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ibigo by’ubucuruzi bito bito, kuva mu 2017 kugera mu 2019 ku butegetsi bwa Perezida Trump.

Trump abaye uwa mbere ushyizeho hakiri kare cyane Komite yo gutegura ihererekanyabutegetsi kuko amatora ateganyijwe mu Ugushyingo 2024.

Bene iyi Komite iteganyijwe mw’itegeko ryo mu 1963 ryitwa “Presidential Transition Act” n’uko ryavuguruwe mu 2022.

Iri tegeko rivuga ko umukuru w’igihugu umaze gutorwa ashyiraho amatsinda y’abantu bajya muri minisiteri n’ibigo bya leta kumutegurira uko azahita atangira gutegeka akimara kurahira.

Guverinoma ibagenera ingengo y’imari, ibiro n’ubundi buryo bwose byo kuborohereza akazi kabo.

Uyu mugore Trump yahaye ubushobozi, azaba yungirijwe na kandida visi-perezida wa Trump muri aya matora, Senateri wo ku rwego rw’igihugu wo muri leta ya Ohio JD Vance, n’abahungu babiri ba Trump ari bo Donald Trump Jr. na Eric Trump.

Kugeza ubu Trump aracyari Kandida w’ishyaka ry’Aba Repubulikani. Avuga ko afite Icyizere cyo kuzatsinda amatora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *