Trump yahagaritswe burundu gukoresha urubuga Twitter, ati ” Ndashinga urwanjye”

Sangiza iyi nkuru

Urubuga rwa Twitter rwafunze burundu konti ya Perezida ucyuye igihe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donal Trump, we avuga ko iki kibazo agiye kukivugutira umuti.

Uru rubuga rwatangaje ko biri mu rwego kwirinda ko hari irindi bara rishobora kuba muri Amerika.

Perezida Trump yari yahagaritswe by’agateganyo amasaha 12, aho yongeye kwemererwa yanditse ubundi butumwa bugaragaza ko atavuye ku izima, ubuyobozi bwa Twitter buhitamo kumufungira burundu.

Trump yifashishije urubuga rwa Perezidansi kuri Twitter, avuga ko miliyoni 74 zamutoye zitagomba gurenganywa, avuga ko mu minsi ya vuba azatangaza urundi rubuga rwe bwite rukora nka Twitter. Yabwiye abakunzi be ko bazamenyeshwa iby’aya makuru.

Uyu mugabo yari yahagaritswe ku bwo kuvuga ko ashyigikiye abagabye igitero kuri Capitol bagamije kuburizamo iyemezwa rya Joe Biden nka perezida mushya wa Amerika.

Ubusanzwe akunda gukoresha Twitter kuko ngo ibyo ahavugira yakabibwiye itangazamakuru rya Amerika ariko kuri we ngo “” Ritangaza ibinyoma, ntirinamukunda.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *