2026-04-06T172127Z-1680056144-RC2TJKA7FQEX-RTRMADP-3-IRAN-CRISIS-USA-TRUMP

Trump yijeje kurimbura Iran nidakora ibyo isabwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yakangishije Iran kuyirimbura “mu ijoro rimwe” niba itabashije kugera ku masezerano mbere y’igihe ntarengwa yahawe ngo ibe yamaze kongera gufungura umuhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi cyane inyuramo ibikomoka kuri peteroli na gaz bikoreshwa hirya no hino ku Isi.

Igihe ntarengwa Trump yatanze cyo kuba hagezwe ku masezerano “yemewe”, arimo nko kugenda mu bwisanzure kw’ibikomoka kuri peteroli na gaz binyura mu Kigobe cy’Abarabu ni saa mbiri z’ijoro (20:00) ku isaha y’i Washington DC kuri uyu wa Kabiri, akaba ari saa munani z’ijoro (2:00) zo ku wa Gatatu ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ari muri White House, Trump yavuze ko yemera ko abategetsi “bashyira mu gaciro” bo muri Iran bari mu biganiro n'”umutima wo kuvugisha ukuri”, ariko ikizabivamo kikiri urujijo.

Ku ruhande rwayo, Iran yateye utwatsi ibyifuzo by’agahenge k’agateganyo, ahubwo isaba ko intambara irangira burundu kandi igakurirwaho ibihano yafatiwe nk’uko tubikesha BBC.

Icyo kiganiro n’abanyamakuru yakoze ari kumwe na Gen. Dan Caine, umukuru w’inteko rusange y’abakuru b’ingabo za Amerika hamwe na Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth, kibaye nyuma y’iminsi ingabo za Amerika zishoboye gutabara abapilote babiri b’indege y’intambara ya Amerika yo mu bwoko bwa F-15 yahanuriwe mu majyepfo ya Iran.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *