GridArt_20250313_112345362

Tshisekedi ni ibandi: Gén. Makenga

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23, Gén. Sultani Emmanuel Makenga, yise Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibandi; anamushinja kudakunda abaturage be.

Makenga yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na n’umushakashatsi Alain Destexhe.

Uyu musirikare ubwo yabazwaga icyo atekereza kuri Tshisekedi, yavuze ko “nta rukundo afitiye igihugu, ni ibandi.

Abajijwe niba Tshisekedi yarabaye ibandi agitorerwa kuyobora RDC cyangwa niba yarahoze ari ryo, Gen Makenga yavuze ko “ntekereza ko yahoze ari ryo.”

Gen. Makenga n’inyeshyamba ayoboye kuva mu Ugushyingo 2021 bahanganye mu ntambara n’ingabo z’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

Ni intambara avuga ko we na bagenzi be barwana ku mpamvu y’uko bakeneye kubaho.

Kuri ubu hari icyizere cy’uko agahenge gashobora kuboneka, nyuma y’uko Kinshasa yemeye kujya mu biganiro na M23.

Leta ya Angola ku wa Gatatu yatangaje ko intumwa z’impande zombi zizahurira i Luanda ku wa Kabiri tariki ya 18 Werurwe 2025.

Gen Makenga ubwo yabazwaga niba M23 izitabira biriya biganiro, yasubije ko “cyane rwose, turashaka kuganira, gusa kugeza aya magingo twumvise uruhande rwa Angola rwonyine, gusa ntacyo turumva ku ruhande rwa Kinshasa.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *