Zimwe mu nyubako za Me Habinshuti zafashwe n’inkongi y’umuriro

Kuwa mbere tariki ya 10 Werurwe 2025, mu murenge wa Nyamyumba ,akagari ka Rubona , umudugudu wa Remera , ahagana mu masaa ine za mu gitondo, inyubako izwi nka OEIL DE FAUCON MOTEL ya Maitre Habinshuti Jean Bosco na Madame UTUJE ESPÉRANCE yafashwe n’inkongi y’umuriro isiga imwe mu nzu ziyigize ihiye n’ibirimo byose birakongoka. Umunyamakuru […]

U Rwanda na Ethiopia byasinye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare

Uyu munsi, ku itariki ya 13 Werurwe 2025, Umugaba Mukuru wa RDF, Gen MK Mubarakh, yayoboye intumwa z’Igisirikare cy’u Rwanda ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’igihugu cya Ethiopia (ENDF). Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yari aherekejwe na Ambasaderi Charles Karamba, Brig Gen Patrick Karuretwa & n’abayobozi bakuru muri MINADEF, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na […]

Menya byinshi kuri Ataliya uvugwa muri Bibiliya wishe abuzukuru be kugira ngo abe umwamikazi w’Ubuyuda

Ataliya yari umwamikazi wa Yuda uzwiho kuba umugore wategetse ubwami bw’igihangange, ariko akarangwa n’ubugome no kumena amaraso menshi kugira ngo agere ku butegetsi. Uyu mugore yari umukobwa w’umwami Ahabu na Yezebeli bayoboraga Isiraheli, umuryango wari waramamaye mu gusenga ibigirwamana cyane cyane Bayali. Ataliya yashakanye n’umwami Yehoramu wayobora Yuda, maze abyara umuhungu we Ahaziya. Nyuma y’urupfu […]

Umugore witwa Teyana yahawe inzu 4, imodoka 3 na Miliyoni 11 za buri kwezi nyuma yo gutandukana n’umugabo we

Uwahoze ari umukinnyi wa New York Knicks muri NBA, Iman Shumpert yatandukanye byemewe n’amategeko n’umugore we, Teyana Taylor nyuma y’imyaka irindwi bari bamaranye. Uyu mwanzuro wafashwe n’umucamanza wa Fulton County nyuma y’uko Taylor yari yatanze ubusabe bwo gutandukana mu ibanga muri 2023. Amakuru amaze kujya ahabona yerekana ko Taylor yegukanye imitungo ihenze, irimo inzu enye […]

Khloé Kardashian yavuze uko yihishe munsi y’igitanda akumva nyina ari gusambana

Khloé Kardashian yatangaje ko agikurikiranwa n’abaganga mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe kubera igihe gikomeye yanyuzemo akiri umwana ubwo yumvirizaga nyina ari gusambana. Mu kiganiro Khloé in Wonder Land, yavuze uko yigeze kwihisha munsi y’igitanda cy’umubyeyi we, Kris Jenner n’umugabo we Bruce Jenner maze akumva ibyo bakoraga mu buriri. Yavuze ko icyo gihe cyamugizeho ingaruka […]

Nyagatare: Abana bagaragaje ibibatera kujya mu buzererezi

Kuwa Gatatu tariki ya 12 Werurwe 2025, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo kurinda no kurengera Umwana, mu Karere ka Nyagatare, ubuyobozi bw’akarere bwatangaje ko bwashyizeho uburyo buzatuma abana bakurwa mu mihanda bakarerererwa mu miryango kandi hagashyirwa imbaraga mu gukumira ibituma abana bajya mu buzererezi. Nyuma yo gutangiza ubukangurambaga bwo kurinda no kurengera Umwana mu Murenge wa […]

Tshisekedi yashimye icyemezo cya SADC cyo guhagarika ubutumwa bwa SAMIDRC

Kuri uyu wa Kane, abakuru b’ibihugu na guverinoma by’Umuryango w’iterambere ry’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) bahuriye mu nama idasanzwe ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu itangazo rya nyuma ryasomwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa SADC, Elias Magosi, Inama “yahagaritse manda ya SAMIDRC itegeka ko ingabo zayo zitangira kuhava buhoro buhoro”. Itangazo […]

Ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri RDC bwashyizweho iherezo

Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa SADC, kuri uyu wa Kane yashyize iherezo ku butumwa ingabo z’uyu muryango zari zimazemo igihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ingabo za SADC zo mu bihugu bya Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania zari mu burasirazuba bwa RDC kuva muri 2023, aho zari zaragiye gufasha ku rugamba ingabo […]

Tigray: Barasaba leta gutabara nyuma y’uko abiyomoye kuri TPLF bafashe imijyi 2

Guverinoma y’agateganyo y’Intara ya Tigray yo muri Ethiopia yasabye ko Guverinoma nkuru ya Ethiopia kugira icyo ikora nyuma y’uko igice kiyomoye ku Gisirikare cya Tigray, TPLF, kigaruriye imijyi ibiri minini, abantu benshi bagakomereka kandi bitera ubwoba bwo gusubira mu ntambara y’abenegihugu. Ku wa Kabiri, igice cya TPLF cyafashe Adigrat, umujyi wa kabiri munini muri Tigray, […]

Meya Kayitesi yasabye Guverineri ubuvugizi ku kibazo cy’abambuwe na Kiliziya Gatolika

Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yasabye Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, kubakorera ubuvugizi kugira ngo abaturage bambuwe ibyabo na Kiliziya Gatolika (Paruwasi ya Biruyi) babone ubishyura. Ibi Kayitesi yabigarutseho kuri uyu wa gatatu, tariki 12 Werurwe 2025 ubwo yabazwaga n’abaturage iki kibazo mu maso ya Guverineri Ntibitura wari wagiriye uruzinduko rw’akazi muri aka […]

Umujyi wa Pinga mu mboni za M23, mu gihe Masisi igeze ku musozo

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Walikare aravuga ko Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Wazalendo n’abandi bafatanyije bamaza gutangira guhunga umujyi wa Pinga n’ikibuga cy’indege, nyuma yo kugarizwa na M23 ikomeje kuyisatira. Ingabo za Leta zatangiye guhunga nyuma yaho mu minsi ishize n’ejo hashize M23 yafashe uduce dutandukanye two muri Masisi, turimo Nyabyondo, […]

Tshisekedi ni ibandi: Gén. Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23, Gén. Sultani Emmanuel Makenga, yise Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibandi; anamushinja kudakunda abaturage be. Makenga yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na n’umushakashatsi Alain Destexhe. Uyu musirikare ubwo yabazwaga icyo atekereza kuri Tshisekedi, yavuze ko “nta rukundo afitiye igihugu, ni ibandi. Abajijwe niba Tshisekedi yarabaye […]

Umugore wa nyakwigendera Mohbad aramutabariza nyuma y’amezi 18 adashyingurwa

Nyakwigendera Mohbad, umuhanzi w’icyamamare wo muri Nijeriya, yapfuye ku ya 12 Nzeri 2023 maze ahita ashyingurwa ku munsi wakurikiyeho. Gusa nyuma y’iminsi icyenda, tariki ya 21 Nzeri 2023 polisi yakuye umurambo we mu mva kugira ngo hakorwe isuzuma ry’impamvu z’urupfu rwe, kubera impaka zari zavutse. Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Werurwe 2025 umugore […]

Impamvu Tshisekedi ashobora kwemera kugirana ibiganiro na AFC/M23

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, itariki 11 Werurwe 2025, na Perezidansi ya Angola yerekana ko izavugana “na M23” hagamijwe imishyikirano itaziguye, i Luanda, hagati ya Kinshasa n’uyu mutwe. Intego ya Angola: kugera ku mahoro arambye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nyuma y’iri tangazo ryatanzwe na Perezida wa Angola, […]

Gén. Makenga yavuze impamvu yatuma M23 ijya gufata Kinshasa

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa M23, Général-Major Sultani Makenga, yatangaje ko inyeshyamba akuriye nta gahunda zifite yo kwigarurira Umujyi wa Kinshasa. Uyu musirikare yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umushakashatsi Alain Destexhe wabaye Senateri mu Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011 n’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango MSF (Médecins sans frontières) w’abaganga batagira umupaka. Kuva mu mpera za […]

Eddy Kenzo yasunitse umusirikare wa Special Forces wari uje kumucecekesha

Umuhanzi Eddy Kenzo yasobanuye ku makimbirane yabaye hagati ye n’umusirikare wa Special Forces Command (SFC) mu bikorwa byo kwamamaza ishyaka rya NRM mu gace ka Kawempe North. Uyu muhanzi yagaragaye asunika uwo musirikare wari ku rubyiniro, ibintu byatumye benshi babyibazaho ku mbuga nkoranyambaga. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Kenzo yavuze ko yakoze ibyo kuko uwo musirikare […]

Perezida Ruto yabaye iciro ry’imigani azira capati

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya akomeje guhabwa urw’amenyo n’abaturage be, nyuma yo gutanga isezerano ryo kugura imashini izajya ikora Capati miliyoni ku munsi. Ruto umaze iminsi mu rugendo rugamije kureba ibikorwa by’iterambere bimaze kugerwaho mu mujyi wa Nairobi, yatanze ririya sezerano ubwo yari mu Ishuri Rikuru rya St. Teresa Girls Secondary School riherereye mu […]

Ronaldo yikuye mu matora ya perezida wa CBF

Ronaldo de Lima wabaye icyamamare mu mupira w’amaguru muri Brazil, yatangaje ko yikuye mu matora ya perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Brazil (CBF), yari ateganyijwe mu mwaka wa 2026. Uyu wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Brazil, wahesheje igihugu cye ibikombe by’isi bibiri (1994 na 2002), yari yiyemeje guhatana na perezida uriho ubu, Ednaldo Rodrigues. […]

Kinshasa: Urubanza rwa ba ofisiye bahunze urugamba i Goma na Bukavu ruraca kuri televiziyo

Minisitiri w’Ubutabera wa Congo, Constant Mutamba, yatangaje ko kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Werurwe 2025, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, hatangira urubanza rw’abasirikare bakuru ba FARDC, Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Abo basirikare bo ku rwego rwa ba ofisiye bakuru barashinjwa “kuba barataye ibirindiro byabo bahanganye n’umwanzi, bagasiga intwaro, amasasu, […]

FDLR na Wazalendo binjiye ku butaka bw’u Rwanda – Guverineri Ntibitura

Ubwo Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco yari mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Rutsiro, yahishuye ko abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda (FDLR) babarizwa mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo bafatanyije na Wazalendo hari abinjiye ku butaka bw’u Rwanda, aboneraho gusaba abaturage gutangiora amakuru ku gihe bagatabwa muri yombi. Ibi yabigarutseho […]

M23 yafashe mpiri Ofisiye mukuru w’Umurundi

Umutwe wa M23 wafatiye mu mirwano ikomeje kubera muri Kivu y’Amajyepfo Major Ndikumana Claude wo mu ngabo z’u Burundi. Amakuru avuga ko uyu musirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mukuru yafashwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru, ubwo M23 n’ingabo zirimo iz’u Burundi barimo barwanira i Kaziba ho muri Teritwari ya Walungu. Major Ndikumana yabarizwaga muri […]

Abadepite batabarije itangazamakuru nyarwanda ryatereranwe

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda, batabarije itangazamakuru nyarwanda ritagira uwo kurireberera. Babigarutseho kuri uyu wa 12 Werurwe ubwo bagiranaga ikiganiro na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Mugenzi Patrice, ku bibazo bireba Minisiteri ayobora biri muri raporo y’Ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) by’umwaka wa 2023-2024. Abadepite bagaragaje ko itangazamakuru ryatereranwe, […]

Paris: UNICEF yitandukanyije n’igitaramo Gims ateganya ku itariki ya 7 Mata niba kitimuwe

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryasabye abateguye igitaramo cy’umuhanzi w’Umunyekongo, ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa kizabera i Paris ku itariki ya 7 Mata kukimura kuko itariki ihuye n’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, nk’uko umuvugizi yabitangarije ikinyamakuru The New Times. Abateguye iki gitaramo cy’umuhanzi Maitre Gims bari biyemeje gutanga […]

Guhishira ingengabitekerezo ya Jenoside ni nko kwicarira umuriro: RIB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasabye Abaturarwanda umusanzu mu gukumira ibyaha bitandukanye, by’umwihariko icy’ingengabitekerezo ya Jenoside; kuko kugihishira ari nko kwicarira umuriro kandi ubizi neza ushobora kukotsa. Ni ubusabe RIB yatanze, mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha imaze iminsi ikorera mu bice bitandukanye by’igihugu. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Werurwe ubwo bukangurambaga RIB yabukomereje mu murenge […]

Intumwa za Leta ya Kinshasa n’iza AFC/M23 zizahurira i Luanda kuwa 18 Werurwe

Intumwa za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na M23 zizatangira imishyikirano y’amahoro itaziguye ku itariki ya 18 Werurwe, mu mujyi wa Luanda. Aya makuru yemejwe n’ingoro ya perezida wa Angola kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Werurwe 2025. Ku wa Kabiri, itariki 11 Werurwe , Perezida wa Angola, João Lourenço, mu nama yagiranye na […]

AFC/M23 yateye utwatsi ibirego bya HRW yatangiye kubashinja ibyaha by’intambara

Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma ibirego bya Human Rights Watch bibashinja kwica no gutoteza impirimbanyi z’uburenganzira bwa Muntu n’abanyamakuru mu bice yigaruriye muri Kivu zombi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo ryabo yavuze ko itangazo rya HRW ari “uburyo bwo gukwiza impuha, kuyobya rubanda, mu gukorera inyungu z’ubutegetsi bwa Kinshasa.” Yagize ati: “Umuryango wacu […]