Tshisekedi yababariye Pasiteri wari warakatiwe urwo gupfa ku bwa Kabila

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yababariye umuvugabutumwa Pasiteri Joseph Mukungubila n’abayoboke be bagera kuri 30, bari barakatiwe igihano cy’urupfu mu mwaka w’2015 ubwo iki gihugu cyayoborwa na Joseph Kabila.

Pasiteri yakatiwe iki gihano ari mu buhungiro muri Afurika y’Epfo azira gutuma muri Kinshasa, Kolwezi na Lubumbashi tariki ya 30 Ukuboza 2013 hagabwa ibitero byahitanye ubuzima bw’abantu benshi.

Abayoboke b’uyu muvugabutumwa bari bafungiwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo barajuriye ariko urukiko rw’ubujurire muri Kamena 2023 rushimangira iki gihano bari barakatiwe, ubusanzwe gisimbuzwa igifungo cya burundu muri RDC.

Umunyamategeko wunganiraga Pasiteri Mukungubila n’aba bayoboke, Guy Mbuya, yatangaje ko umukiriya we yagombaga kubabarirwa, akava mu buhungiro, hashingiwe ku masezerano abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagiranye n’ubwa Joseph Kabila mu 2017.

Me Mbuya, nk’uko RFI yabitangaje, yagize ati: “Ni we mwenegihugu wacu wagumye mu buhungiro, buri wese yaragarutse. Mu masezerano yo kwizihiza umwaka mushya, yari Général Munene, ubu ni Joseph Mukungubila. Reka turebe mbere na mbere ukurekurwa kw’abari muri Ndolo.”

Tshisekedi atanze izi mbabazi mu gihe muri RDC hategurwa amatora rusange, ateganyijwe mu Kuboza 2023. Abasesenguzi bavuga ko yaba agamije kwigarurira imitima y’abatuye mu ntara ya Haut-Katanga, aho uyu muvugabutumwa akomoka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *