Tshisekedi yabajijwe kuri Dosiye y’umunyamakuru Bujakera yikoma ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane Taliki 23 Gashyantare 2024 ubwo habaga ikiganiro cyahuje Perezida Tshisekedi n’abanyamakuru, yasanganijwe dosiye y’umunyamakuru Stanislas Bujakera umaze hafi amezi atatu ari mu gihome maze ayitangaho umucyo.

Ubwo yabazwaga n’umunyamakuru icyo atekereza kuri mugenzi we umaze igihe ataraburanishwa , Tshisekedi yavuze ko atajya yivanga mu nzego z’ubutabera ariko avuga ko ubwe agiye gufata icyemeze cyo kumwikurikiranira.

Yagize ati” Ubutabera bwacu buteye inkeke, no mu migendekere y’imanza usanga ari ikibazo !Ntinya ko bishobora kuzakomeza kuba ingeso.Si nivanga mu mikorere y’ubutabera ariko ntekereza ko uyu munyamakuru ukiri muto yarabujijwe ubwisanzure. Kuva uyu munsi ikibazo cye ngiye kukikurikiranira.”

Uyu munyamakuru itabwa muri yombi rye, ryamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 08 Nzeri 2023.Yari asanzwe ari umuyobozi wungirije w’ikinyamakuru ACTUALITE.CD ndetse akanaba umwanditsi w’ibitangazamakuru bya Jeune Afrique na Reuters.

Ashinjwa gukwirakwiza ibihuha no gutangaza amakuru y’ibinyoma, ibyaha bifitanye isano na raporo yanyujijwe muri Jeune Afrique yitiriwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (ANR) ku ibura rya Depite Chérubin Okende, waje kugaragara nyuma yishwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *