Tshisekedi yatangaje ko nta biganiro bya poliliti RDC izagirana na M23

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yatangaje ko nta biganiro bya politiki ubutegetsi bwe buzagirana n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 13 Mata 2023 ubwo yari kumwe na mugenzi we uyobora u Busuwisi, Alain Berset uri mu ruzinduko i Kinshasa, Tshisekedi yabajijwe ku biganiro bya rwihishwa bivugwa biri kuba hagati ya Leta na M23.

Uyu Mukuru w’Igihugu yasubije ko niba abarwanyi ba M23 ari Abanyekongo nk’uko babyemeza, bagomba kwitabira imishyikirano ya ‘Nairobi’ ihuza Leta ya RDC n’indi mitwe yitwaje intwaro igamije guhagarika imirwano no gusubizwa mu buzima busanzwe abarwanyi bayo.

Yagize ati: “Niba abo twemeza ko bafashwa n’u Rwanda ari Abanyekongo nk’uko babivuga, bagomba kwemera mu buryo busanzwe kwinjira mu mishyikirano yo kurambika intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe, bakajya mu buzima bwa gisivili. Hano nta kibazo gihari cyo kuganira n’uyu mutwe mu rwego rwa politiki, nta n’ubwo kizabaho.”

Tshisekedi yagarutse ku cyemezo cyafashwe n’Inteko ishinga amategeko ya RDC cy’uko nta biganiro bya politiki bigomba kubaho hagati ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro iyirwanya, ashimangira ko kigomba kubahirizwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *