Visi perezida wa mbere w’u Burundi, Gaston Sindimwo yatangiye guhamagarira Abarundi bahunze igihugu badafite ibyaha bakurikiranweho gutaha bagatangira kwitegura amatora yo mu 2020, anakurira inzira ku murima abagishidikanya kuri manda ya gatatu ya perezida Nkurunziza.
Ku kijyanye n’ibiganiro hagati y’abarwanya ubutegetsi ndetse na guverinoma y’u Burundi, Visi perezida Sindimwo yavuze ko ibiganiro bya Arusha bizatangira kuri uyu wa 16 Mutarama, ariko ko ibiganiro bihambaye ari ibyo mu gihugu imbere.
Kuri we, ngo ibiganiro bya Arusha bizaza bishyigikira ibyo Abarundi bose bibera mu gihugu hagati.
Muri iki kiganiro yagiranye n’urubuga IkirihoNews, visi perezida w’u Burundi yashimye ibiherutse gutangazwa n’umuhuza Benjamin Mkapa I Bujumbura ubwo yashimangiraga manda ya Nkurunziza, nawe asaba ko ari cyo ibiganiro byagenderaho, naho ngo abatekereza ko bagiye kujya impaka kuri manda ya gatatu ni uguta umwanya.

Visi perezida Sindimwo ariko ku rundi ruhande yanenze ko ibiro by’umuhuza bivangura mu gutanga ubutumire ku bagomba kwitabira ibiganiro, avuga ko hari abatumirwa batabikwiye .
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Gaston Sindimwo yanasabye abanyapolitike bahunze ntacyo bishinja gutaha bagatangira gutegura amatora yo mu 2020. Yagize ati: “ Dusaba abanye politike bahunze ataco biyagiriza batahe, dutangure dutegure amatora ya 2020 ”
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



