Guverinoma ya Turukiya yateye utwatsi ubutumwa bwa Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) buyihanganisha ku bw’ibyago byo gupfusha abaturage mu gitero cy’iterabwoba.
Kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2022 ni bwo igisasu cyaturikanye abaturage bari mu mujyi wa Istanbul, cyica batandatu, abandi 81 kirabakomeretsa, nk’uko Minisiteri y’umutekano y’iki gihugu yabitangaje.
Abayobozi bo mu bihugu bitandukanye ndetse n’ababihagarariye bageneye guverinoma ya Turukiya ubutumwa buyihanganisha, banamagana iki bivugwa ko ari igitero cy’iterabwoba cyagabwe muri Istanbul.
Minisitiri w’umutekano wa Turukiya, Süleyman Soylu, kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2022 yatangarije kuri Twitter ko badashobora kwemera ubutumwa bwa USA bubihanganisha.
Soylu yagize ati: “Twanafashe abateguye igitero cy’iterabwoba. Iyo tutabafata, bari guhungira muri Greece uyu munsi. Ntabwo twemera ukutwihanganisha kwa Ambasade ya Amerika, turakwanze.”
Guverinoma ya Turukiya ikeka ko iki gitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa Kurds. Ni mu gihe Perezida w’iki gihugu, Tayyip Erdogan, asanzwe ashinja USA gutera inkunga abarwanyi bawo bakorera muri Syria.


