Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, Faustin Twagiramungu, kuri uyu wa 9 Mutarama 2021 yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19.

Mu gitondo gikurikira ijoro ryo ku wa 4 Mutarama 2021 ryasohorewemo ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri, hari videwo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari abaturage benshi bavaga mu Ntara y’Amajyepfo, bataha muri Kigali.

Twagiramungu uba mu Bubiligi nk’impunzi, yifashishije iyi videwo atangaza aya magambo ku rubuga rwa Twitter. Yagize ati: “Abanyarwanda bari mu gihugu n’abari hanze, tugomba kwiyama Leta ya #FPR ifata ibyemezo byo kwicisha abari mu gihugu bababuza gutembera mu gihugu cyabo kubera #Covid-19, ariko ntibikorwe kuri bamukerarugendo.”

[Ijambo “Leta ya #FPR” Twagiramungu akunze kurikoresha avuga “Leta y’u Rwanda”.]

Uyu munyapolitiki yakomeje ashimira abaturage basuzuguye ibi byemezo by’Inama y’Abaminisitiri, ati: “Abaturage basuzuguye ibyo byemezo ni abo gushimirwa.”

Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 4 Mutarama 2021, yafashe ibyemezo bizamara iminsi 15 birimo guhagarika ingendo zihuza uturere tw’igihugu ndetse n’umujyi wa Kigali, nyuma y’aho byari bimaze kugaragara ko umubare w’abandura icyorezo cya Covid-19 ukomeje kwiyongera.

Mu minsi 7 yari ishize (guhera tariki ya 28 Ukuboza 2020 kugeza tariki ya 3 Mutarama 2021), hari hamaze kwandura abantu 706 banduye iki cyorezo n’abandi 27 bari bamaze gupfa.

Barimo 51 banduye ku wa 28 Ukuboza n’umwe wapfuye uwo munsi, 107 banduye tariki ya 29 na 4 bapfuye, 122 banduye tariki ya 30 na 7 bapfuye, 133 banduye tariki ya 31 na 6 bapfuye, 77 banduye tariki ya 1 Mutarama 2021 na 2 bapfuye, 107 banduye tariki ya 2 na 4 bapfuye n’109 banduye tariki ya 3 na 3 bapfuye.

Hiyongeraho kandi abandi bantu 172 banduye tariki ya 4 Mutarama 2021 n’abandi 4 bishwe n’iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

12 Responses

  1. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Umurozi yasanze umwana w’undi ary’amabyi ati komez’urye biraryoshye Twagiramungu nawe yibereye mu bubiriligi none ngo yarabashyimye nyamera ntiyakohereza abana be cg ngo naw’aze kubafashya gusuzugura, kandi ubwo uwamugeza i Kigali wasanga avuga ngo s’ummunyarwanda, harya ngo Rukokoma akina uwo hejuru? Ageze naho kwigishya Abanyerwanda gusuzugura Corona?

  2. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Umurozi yasanze umwana w’undi ary’amabyi ati komez’urye biraryoshye Twagiramungu nawe yibereye mu bubiriligi none ngo yarabashyimye nyamera ntiyakohereza abana be cg ngo naw’aze kubafashya gusuzugura, kandi ubwo uwamugeza i Kigali wasanga avuga ngo s’ummunyarwanda, harya ngo Rukokoma akina uwo hejuru? Ageze naho kwigishya Abanyerwanda gusuzugura Corona?

  3. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Ibi nyine abivuze nk’uri muri oposition.

    Ubu se yabibwira Leta y’Ububiligi cg ibindi bihugu by’i Burayi biri muri gahunda ya guma mu rugo ko byabujije abaturage babyo gutembera? Nareke dufate ingamba z’ibitureba areke kuzana Politiki muri COVID-19 kuko twese tuzi aho igeze isi n’igihugu cyacu

  4. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Ibi nyine abivuze nk’uri muri oposition.

    Ubu se yabibwira Leta y’Ububiligi cg ibindi bihugu by’i Burayi biri muri gahunda ya guma mu rugo ko byabujije abaturage babyo gutembera? Nareke dufate ingamba z’ibitureba areke kuzana Politiki muri COVID-19 kuko twese tuzi aho igeze isi n’igihugu cyacu

  5. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Iyo ushaje uba ushaje. Imitekerereze ni aho igana. Iminsi ni ko imera.

    1. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
      None se nawe ko iminsi ye ibariwe ku ntoki COVID nimugeraho wagira ngo izamenya ko atavuga rumwe na Leta, ese ubundi uwo bavuga rumwe ninde nibabandi bamuha ayo kugura bya bikoko botsa ku muhanda bita moulembeke cyangwa Gare du Nord, yewe opposition zibaho peee

    2. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
      None se nawe ko iminsi ye ibariwe ku ntoki COVID nimugeraho wagira ngo izamenya ko atavuga rumwe na Leta, ese ubundi uwo bavuga rumwe ninde nibabandi bamuha ayo kugura bya bikoko botsa ku muhanda bita moulembeke cyangwa Gare du Nord, yewe opposition zibaho peee

  6. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Iyo ushaje uba ushaje. Imitekerereze ni aho igana. Iminsi ni ko imera.

  7. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Se burya uyu aracyabaho? None se ko avuga ibiterecyeranye? Icyo gihugu abamo se ko cyagize guma mu rugo ntasuzugure ngo atembere?

  8. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Se burya uyu aracyabaho? None se ko avuga ibiterecyeranye? Icyo gihugu abamo se ko cyagize guma mu rugo ntasuzugure ngo atembere?

  9. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Faustin byaramurangiranye .yakwitonze akirukira neza

  10. Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
    Faustin byaramurangiranye .yakwitonze akirukira neza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *