Twese twiyemeje gukora ibishoboka ngo jenoside ntizasubire ukundi — Perezida Kagame

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame aravuga ko hari byinshi byo kwerekana kuva mu rugendo twanyuzemo mu myaka 22 ishize. Ngo ni umusaruro w’ibyo Abanyarwanda n’ishuti bashoye muri iki gihugu. Ubu ni bumwe mu butumwa butandukanye perezida Kagame yagiye aha Abanyarwanda muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

25691692093_d718aa94b6_z

Nk’uko yakomeje avuga ku rukuta rwe rwa Twitter, umukuru w’igihugu yavuze ko abagize uruhare rudasubirwaho muri jenoside mu Rwanda bakaba bakinangira banze kwemera bakaguma ku ruhande rubi rw’amateka n’ubutabera.

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda ubu bari kongera kwiyubakira ubuzima bwabo n’icyubahiro cyabo. Yongeyeho ko twese twiyemeje gukora ibishoboka ngo jenoside ntizasubire ukundi.

Perezida Kagame aragira ati: “Ibyabaye mu myaka 22 ntabwo byoroshye kubyumva ariko ubu Abanyarwanda n’abandi bantu bafite ubushake bwiza baribuka kandi bagaha icyubahiro ubuzima bwagiye.”

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *